Umwaka wa 2023, ni umwaka wagendekeye neza bamwe mu bakinnyi b'abanyarwanda, ni mu gihe hari abandi bizagorana ko bazibagirwa uyu mwaka bitewe n'uko bawugiriyemo ibihe bitoroshye.
Muri iyi nkuru, Ikinyamakuru ISIMBI kiragaruka kuri bamwe mu bakinnyi b'abanyarwanda by'umwihariko ba ruhago batorohewe n'umwaka wa 2023 urimo ubura iminsi 3 gusa ngo urangire.
Akenshi umukinnyi agira ibihe byiza iyo ari mu kibuga ari muzima, akina afasha ikipe ye kwitwara neza, ariko iyo bidakunze, benshi mu bakinnyi ntabwo baba bishimye
Hari abakinnyi batorohewe n'umusaruro bagiye bagira mu makipe yabo, abandi bahura n'imvune zikomeye zatumye batagaragara ni mu gihe hari n'abandi babuze mu kibuga kubera impamvu za bo bwite.
Kimenyi Yves â" AS Kigali
Niba hari umukinnyi utazibagirwa umwaka wa 2023, ni umunyezamu wa AS Kigali, Kimenyi Yves kuko yawugiriyemo imvune ikomeye cyane yatumye anabagwa.
Uyu munyezamu uri mu mwaka we wa mbere, yagize imvune tariki ya 28 Ukwakira mu mukino wa shampiyona w'umunsi wa 9 batsinzwemo na Musanze FC 1-0, ubwo umunota wari ugeze ku munota 26, yagonganye na rutahizamu wa Musanze FC, Peter ahita acika igufwa ry'ukuguru (tibia), yahise abagwa ndetse akaba agomba kumara byibuze amezi 6 hanze y'ikibuga.
Mutsinzi Ange Jimmy â" FK Jerv
Ni myugariro mpuzamahanga w'Umunyarwanda ukinira FK Jerv muri Norway mu cyiciro cya kabiri, na we ntabwo yagiriye ibihe byiza muri iyi kipe ku mwaka we wa mbere aho yakoze ibishoboka byose ariko birangira ikipe ayimanuye mu cyiciro cya 3.
Mutsinzi Ange Jimmy, umukinnyi ntasimburwa muri iyi kipe, azahora yibuka ko tariki ya 11 Ugushyingo 2023 yari mu kibuga ubwo batsindwaga na Fredrikstad FK 1-0 mu mukino usoza shampiyona bagahita bamanuka mu cyiciro cya gatatu.
Nirisarike Salomon - K.V.K. Tienen-Hageland
Nirisarike Salomon ni undi mukinnyi utarahiriwe na 2023 kuko, nyuma yo kumara igihe nta kipe afite aho yari yatandukanye na Urartu FC yo muri Armenia muri Kamena 2022, muri Kanama 2023 yaje kubona ikipe ya K.V.K. Tienen-Hageland ikina mu cyiciro cya 3 mu Bubiligi.
Kubona ikipe kuri uyu mukinnyi, byari byiza kuri we ndetse no ku ikipe y'igihugu Amavubi yari umukinnyi ubanzamo, gusa byakomeje kwanga kuko yabuze umwanya muri iyi kipe yo mu cyiciro cya 3, akaba awusoje nabi.
Kwizera Olivier â" Al Kawkab
'Hari igihe ukumbura igihugu cya we na cyo kikagumbura.' Aya ni amwe mu magambo umunyezamu Kwizera Olivier ukinira Al Kawkab mu cyiciro cya 3 muri Saudi Arabia yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze muri uyu mwaka.
Ni umunyezamu ukina mu ikipe ye ariko akaba atarigeze agirirwa amahirwe yo guhamagarwa mu Mavubi muri uyu mwaka, bamwe mu bantu begereye uyu munyezamu bavuga ko ari kimwe mu bintu byamubabaje, kuba akina ariko ntahamagarwa kandi yari umunyezamu wa mbere w'Amavubi.
Rafael York â" Gefle IF
Ni umukinnyi mpuzamahanga w'umunyarwanda ukinira Gefle IF mu cyiciro cya 2 muri Sweden, ntabwo yahiriwe n'uyu mwaka kuko muri Mata 2023 yagize imvune yagiye imukurikirana aho yatumye adakina imikino yose muri iyi kipe.
Uyu mukinnyi abamuri hafi bakubwira ko yababajwe cyane n'izi mvune yagiye agira zatumye adakina imikino 3 iheruka y'ikipe y'igihugu yaba uwa Senegal banganyije 1-1 muri Nzeri, uwa 0-0 wa Zimbabwe n'uwo u Rwanda ruheruka gutsindamo Afurika y'Epfo 2-0.
Jacques Tuyisenge
Rutahizamu Jacques Tuyisenge ni umwe mu bakinnyi batahiriwe n'umwaka wa 2023 kuko yabuze ikipe yakinira benshi bavuga ko yahagaritse gukina ariko aherutse kubinyomoza.
Muri rusange uyu rutahizamu wakiniraga AS Kigali ntabwo byagenze neza uko yabyifuzaga kuko muri iyi kipe yagezemo mu mpeshyi ya 2022, ntiyayigiryemo ibihe byiza bikomeza no mu mwaka wa 2023, umwanya wo gukina no gutsinda byari ikibazo gikomeye.
Ibi byatumye muri Nyakanga 2023 ahita afata n'umwanzuro wo kuba avuye mu Rwanda yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, benshi bahise banakeka ko yahagaritse gukina ruhago. Yaje kubura ikipe yamwegera ngo ayikinire kandi ahamya ko atahagaritse gukina, umwaka awusoje nta kipe.