Celine Dion uherutse gusohokana n'abahungu be yatewe ishavu n'urupfu rw'umubyinnyi we wapfuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Celine Dion wamamaye mu ndirimbo zitandukanye yatangaje ko ababajwe cyane n'urupfu rwa Jean Christophe Dasse bagiranye ibihe byiza by'umwihariko mu bitaramo yari yarise 'A New Day' Muri Las Vegas.

 

Abinyujije ku kumbuga nkoranyambaga ze [ Instagram ] , Celine Dion, yavuze ko atewe agahinda cyane n'urupfu rw'uyuugabo wamubaye hafi cyane muri muzika ye na cyane ko yari umwe mu babyinnyi be.

 

Mu magambo ye uyu mugore nawe usumbirijwe cyane n'indwara yaburiwe urukingo yagize ati:' Mbabajwe cyane no kumva inkuru y'urupfu rwa Jean Christophe Dasse. Twese twari tumuzi nka Titof, yari umubyinnyi udasanzwe kandi sinzibagirwa uburyo twasangiye urubyiniro mu myaka itanu ishize mu bitaramo bya 'A New Day'.

 

Buri joro yatuzaniraga umunezero n'urumuri akanadutera imbaraga.Ndihanganisha umuryango we n'inshuti ze n'abamukundaga.Warakoze cyane Titof. Ndagukunda'. Celine xx.

 

Uyu mugore uherutse gusohokana n'abasore be ku nshuro ya Mbere akagaragara muruhame kuva yaremba, yatangaje aya magambo bituma benshi bibaza aho ubuzima bwe buhagaze.

The post Celine Dion uherutse gusohokana n'abahungu be yatewe ishavu n'urupfu rw'umubyinnyi we wapfuye appeared first on The Custom Reports.



Source : https://thecustomreports.com/celine-dion-uherutse-gusohokana-nabahungu-be-yatewe-ishavu-nurupfu-rwumubyinnyi-we-wapfuye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)