Guverinoma yemeje amavugurura yo guhuza amatora y'Abadepite n'aya Perezida wa Repubulika - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kwemeza aya mavugurura ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu Nama y'Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe mu 2023, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame.

Ibi bivuze ko mu gihe aya mavugurura azaba arangiye amatora ya Perezida wa Repubulika n'ay'Abadepite mu Rwanda yahuzwa nk'uko bisanzwe bigenda henshi ku Isi.

Ubusanzwe mu Rwanda, amatora y'abadepite n'aya Perezida wa Repubulika yabaga mu myaka itandukanye cyane ko na manda zitanganaga. Manda ya Perezida yari imyaka irindwi, iy'abadepite ikaba imyaka itanu.

Muri Gashyantare mu 2023 nibwo Komisiyo y'Igihugu y'Amatora yatanze icyifuzo cy'uko aya matora yombi yahuzwa.

Mu kiganiro Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, Oda Gasinzigwa yagiranye n'itangazamakuru yavuze ko imwe mu mpamvu yatumye bagira iki cyifuzo ari ijyanye n'amatora.

Ati 'Turabona ko ari ikintu cyaba cyiza, abantu bamaze kubiganiraho neza ko hahuzwa amatora y'Abadepite na Perezida wa Repubulika. Ibi bizadufasha cyane kuko mu bihugu byose, ingengo y'imari mu gihe cy'amatora iba ari ikibazo gikomeye cyane, atari ku gihugu gusa ahubwo n'amashyaka ya Politiki."

"Muzi ko amashyaka ya politiki akoresha amafaranga menshi mu gihe cyo gutegura amatora. Ibi bihujwe cyane cyane dushyira no mu gaciro ko imigabo n'imigambi y'aya mashyaka iba iganirwa mu gihe cyo gushaka abadepite, kandi ni nako bigenda mu gihe cy'amatora ya Perezida, iyo migabo n'imigambi ni yo isubizwa mu baturage kugira ngo bayumve. Bihujwe, byatugabanyiriza cyane ibijyanye n'ingengo y'imari hamwe n'umwanya."

Komisiyo y'Igihugu y'Amatora igaragaza ko nibura itora rya Perezida wa Repubulika n'iry'abadepite yose hamwe atwara arenga miliyari 14Frw. Bivuze ko iyo izi mpinduka zitabaho, u Rwanda rwari kuzakoresha miliyari 7Frw mu 2023 mu matora y'abadepite, rukazongera gukoresha izindi miliyari 7Frw mu itora rya Perezida wa Repubulika.

Iyi komisiyo igaragaza ko mu gihe aya matora azaba ahurijwe hamwe hazakoreshwa ingengo y'imari ya miliyari 8Frw.

Mu gihe iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa bivuze ko ko manda y'abadepite bariho uyu munsi yakwiyongeraho umwaka umwe ikazarangira mu 2024.

Indi nkuru bifitanye isano: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/komisiyo-y-amatora-yatanze-icyifuzo-cyo-guhuza-amatora-y-abadepite-n-aya




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagize-guverinoma-bemeje-ihuzwa-ry-amatora-y-abadepite-n-aya-perezida-wa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)