FARDC iravugwaho kurasisha indege inzu y'umuturage i Sake iyitiranyije n'indake ya M23 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Werurwe 2023, kajugujugu z'intambara zarimo zifashishwa na FARDC mu mirwano na M23 mu nkengero z'umujyi wa Sake ,zaribeshye zirasa inzu y'umuturage zizeye ko zirashe ibirindiro bya M23.

Rwanda Tribune ivuga ko nyuma byaje kumenyekana ko zarashe ku nzu y'umuturage.

Imirwano yabereye mu nkengero za Sake uwo munsi, ku isaha ya saa tanu za mu gitondo, ubwo FARDC yarimo ikoresha indege z'intambara n'intwaro ziremeye zirasa za bombe mu birindiro bya M23, mu rwego rwo gukumira abarwanyi b'uyu mutwe ngo batinjira mu mujyi wa Sake.

Kajugujugu yarimo irasa izo bombe, yikanze abarwanyi ba M23 muri centre ya Sake niko kurasa bombe iziko ihamije ku ntego, nyamara nyuma biza kugaragara ko ari inzu y'umuturage utuye muri iyo centre barashe.

Bivugwa ko kuwa Gatandatu,umutwe wa M23 wafashe umujyi wa sake nyuma y'imirwano ikomeye yari imaze iminsi iwuhanganishije na FARDC ifatanyije na FDLR n'imitwe yitwaje intwaro ya Nyatura , Mai Mai n'abacanshuro b'Ababazungu.

Mu masaha ya nimugoroba yo kuwa Gatandatu,abarwanyi ba M23 babashije kwinjira mu mujyi wa Sake rwagati barawigarurira.

Aya makuru, akomeza avuga ko abasirikare ba FARDC bahise bakizwa n'amaguru , bahungana n'intwaro zabo ubu bakaba bakambitse mu gace ka Mugunga.

N'ubwo M23 ariyo yagenzuraga umujyi wa Sake, guhera mu gitondo cyo kuwa 12 Werurwe 2023, abarwanyi b'uyu mutwe bawuvuyemo bawusiga mu maboko y' ingabo z'Uburundi ziri mu butumwa bw'Umuryango wa EAC bugamije kugarura amahoro n'umutekano mu Burasirazuba bwa DRC.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/fardc-iravugwaho-kurasisha-indege-inzu-y-umuturage-i-sake-iyitiranyije-n-indake

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)