Ingendo za RwandAir zerekeza i Doha n'i Dubai zasubitswe kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiraga.
Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 29 Gicurasi 2026 rigaragaza ko ingendo zizasubukurwa kuva ku wa 1 Kamena 2026
Riti 'Tuzirikana uburyo izi nzira ari ingirakamaro ku bakiliya bacu. Ubwo izi serivisi zizaba zisubukuwe, umutekano no kumererwa neza ku bakiliya bacu bizakomeza ku isonga.'
Flights to Dubai and Doha return from 1 June 2026. pic.twitter.com/9gXNssMm8R
â RwandAir (@FlyRwandAir) May 29, 2026
Raporo z'ingendo zerekana ko sosiyete mpuzamahanga z'indege nyinshi zatangiye gusubukura ingendo zijya i Doha n'i Dubai, inyinshi zikazatangira kujyayo muri Kamena.
RwandAir, mbere yo gusubika ingendo zijya cyangwa iziva muri aka karere yakoraga ingendo nyinshi mu cyumweru hagati ya Kigali na Dubai na Doha.
Mu 2025, ingano y'ibyatwawe n'indege ya RwandAir itwara imizigo yiyongereyeho 2,4% igera kuri toni 6.257, zivuye kuri toni 6.113 mu 2024. Umubare w'abasura u Rwanda na wo wazamutseho 9% ugera ku bantu miliyoni 1,49.
Hashize iminsi intambara hagati ya Amerika na Iran icishije make nubwo hatabura inshuro nke umwuka uba mubi hagati y'impande zombi.
Ku wa 28 Gicurasi, Amerika na Iran byemeranyije ku gahenge k'iminsi 60, ariko hari hagitegerejwe ko Perezida wa Amerika Donald Trump akemeza. Hagati aho ibiganiro bigamije kurangiza intambara burundu byo bizakomeza.
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-igiye-gusubukura-ingendo-zijya-muri-qatar-na-uae