Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n'umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Mutarama 2023 nibwo ubuyobozi bw'ikipe ya Sunrise FC bwemeje ko bwahagaritse umutoza mukuru wayo Seninga Innocent n'umwungiriza we igihe cy'iminsi 15 iri imbere.

Ibi bibaye nyuma yaho iyi kipe imaze imikino itatu nta ntsinzi ibona kandi mu masezerano yasinye hakaba harimo ingingo ivuga ko uyu mutoza natsindwa imikino 3 yikurikiranya adatsinda azasezererwa.

Sunrise FC yo mu ntara y'i Burasizuba ikaba iheruka gutsindwa na Marines FC 2-1, itsindwa na APR FC 1-0 ndetse yari yatwinzwe na Gasogi United 3-0, bityo ibi bikaba bivuga ko iyi kipe ifite ubusa ku manota 9.

Hahagarikwa uyu mutoza ndetse n'umwunguriza we, iyi kipe yanditse iti 'Ubuyobozi bwa Sunrise FC buhagaritse SENINGA Innocent n Umwungiriza we TUGIRIMANA Gilbert ugihe cy'iminsi 15 bitewe n'umusaruro make nkuko bikubiye mu masezerano yabo.

Ikipe iraba iri gutozwa n uwarushizwe kongerera abakinnyi imbaraga  ariwe MUGABO Evariste'.

Iyi kipe iritegura gukina na Gorilla FC mu ijonjora ribanza ry'imikino y'igikombe cy'Amahoro 2023 , hari kandi imikino ya shampiyona y'u Rwanda iyi kipe izakina harimo iyo izakina na As Kigali na Police FC na Rwamagana City.

The post Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n'umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/kubera-umusaruro-utari-mwiza-seninga-innocent-numwungiriza-we-muri-sunrise-fc-bahagaritswe-iminsi-15-badatoza/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kubera-umusaruro-utari-mwiza-seninga-innocent-numwungiriza-we-muri-sunrise-fc-bahagaritswe-iminsi-15-badatoza

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)