EPL: Chelsea yaburiwe irengero, Manchester Ci... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuri uyu wa gatandatu nibwo amakipe amwe yatunguwe muri Premier League, iyi imikino yakinywe saa kumi nimwe na saa moya n'igice nyuma y'undi wari wabaye saa munani n'igice ikipe ya Arsenal itsinda Aston Villa ibitego 4-2.

Kuri sitade ya Stamford Bridge, ikipe ya Chelsea yakiriye Nottingham Forest ariko ntibyayihira kuko yakinnye neza ariko gutsinda igitego birananirana burundu. 

Ku munota wa mbere w'inyongera ku gice cya mbere niwo wabereye mubi cyane ikipe ya Chelsea, Ward-Prowse yatsinze igitego cya mbere cya Nottingham Forest kuri kufura yarazamuye maze Keppa ayoberwa aho wanyuze.

Mu gice cya kabiri Chelsea yagerageje uburyo bwose bw'ibitego,Joao Felix yagiye atera imipira mu izamu ariko igakurirwamo ku murongo. 

Umukino warangiye Chelsea itsinzwe igitego 1 bikomeza kuyibera bibi kuko iheruka intsinzi mu kwezi kwa 01, imikino ibaye 5 itaratsinda gusa kugeza ubu iri ku mwanya wa 10 n'amanota 31.


Raheem Sterling wagerageje uburyo bwinshi bw'ibitego ariko bikarangira byanze

Kurundi ruhande ikipe ya Nottingham Forest yari yakiriye Manchester City yaherukaga kubabaza Arsenal iyi tsinda igahita iyambura n'umwanya wa mbere. 

Muri uyu mukino bamyugariro ba Nottingham Forest barwanye n'ubuzima cyane ariko bakomeza kwihagararaho ntibatsindwa ibitego by'inshi.

Manchester City yabonye igitego cya 1 ku munota wa 41 gitsinzwe na Bernado Silva ku mupira yari ahawe na Jack Grealish. ikipe ya Manchester City yaje kwishyurwa ku munota wa 84,iki gitego cyatsinzwe na Chris Wood ku mupira yari ahawe na Morgan Gibbs-White.

Umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota bishyira mu nyungu ikipe ya Arsenal iguma ku mwanya wa mbere n'amanota 54, Manchester City yo iri ku mwanya wa 2 n'amanota 52.


Igitego Nottingham Forest yatsinze cyo kwishyura

Saa moya n'igice ikipe ya Newcastle United yakiye Liverpool kuri St James Park,uyu mukino Liverpool yagiye kuwukina ifite icizere nyuma y'uko umukino uheruka bari bawutsinze kandi iri no kugarura abakinnyi bayo bari baravunitse barimo na Diogo Jota.

Liverpool yatangiye ifatirana Newcastle United ihita iyi tsinda ibitego 2 byihuse, igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 10 gitsinzwe na Darwin Nunez ku mupira yarahawe na Trent Alexander-Arnold. 

Igitego cya kabiri cyabonetse ku munota wa 19 gitsinzwe na Cody Gakpo ahawe umupira na Mohammed Salah, Newcastle United yakomeje guhura n'ibibazo kuko ku munota wa 22 umuzamu wayo Nick Pope yahawe ikarita itukura bitewe n'uko yari afashe umupira mu ntoki kandi yarenze urubuga rwe. 

Nubwo Newcastle United yakinnye ituzuye ariko yihagazeho ntiyatsindwa ibindi bitego. Umukino warangiye Liverpool iyoboye umukino n'ibitego 2 ihita ijya ku mwanya wa 8 n'amanota 35 naho Newcastle United yo iri kumwanya wa 4 n'amanota 41.


Darwin Nunez watsinze igitego cya 1 asuhuzanya na Virgir 

Gakpo atsinda igitego cya 2

Nick Pope ahabwa ikarita itukura













Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126217/epl-chelsea-yaburiwe-irengero-manchester-city-itanga-agahenge-naho-liverpool-ikomeza-koroh-126217.html

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)