Iyi nama yateranye ku wa 17 Gashyantare 2023, yiga ku bibazo by'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, i Adid Ababa muri Ethiopie.
Kuri uwo munsi kandi habaye n'indi nama y'abakuru b'ibihugu ku rwego rw'Akarere yitabiriwe na Perezida João Lourenço wa Angola, Felix Tshisekedi wa RDC, Paul Kagame w'u Rwanda, Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, William Ruto wa Kenya na Samia Suluhu wa Tanzania.
Mu myanzuro yafashwe harimo gusaba imitwe yose yitwaje intwaro guhagarika imirwano bitarenze tariki 30 Werurwe 2023 no kuva mu duce twose igenzura naho Guverinoma ya RDC yasabwe gucyura impunzi zayo zose ziri muri Uganda n'u Rwanda, zirimo n'izihamaze imyaka isaga 26 zahunze ubugizi bwa nabi bumaze igihe muri icyo gihugu, kubera imitwe yitwaje intwaro.
Abitabiriye inama yo ku rwego rwa AU bagaragaje ko bahangayikishijwe n'umwuka mubi hagati ya RDC n'u Rwanda, basaba ko inzira y'ibiganiro hagati y'impande zombi ari yo yimakazwa kuko ari byo bizageza Akarere ku mahoro arambye.
Inama yasabye ko imitwe yose yitwaje intwaro by'umwihariko M23 hamwe na ADF ndetse na FDLR guhagarika ibitero kandi ikavana akarenge mu Burasirazuba bwa RDC, hamwe n'ibyo isaba ko imyanzuro yafatiwe mu biganiro bya Luanda na Nairobi ishyirwa mu bikorwa.
Iyi nama yanashyigikiye ibyavuye mu nama y'abakuru b'ibihugu byo mu Karere yabaye ku wa 17 Gashyantare 2023 i Addis Ababa muri Ethiopie, ishimangira ko ko abarwanyi ba M23 bamburwa intwaro ku bufatanye bw'ubuyobozi bwa RDC, ingabo za EAC n'ingabo z'Umuryango w'Abibumbye ziri mu butumwa bw'Amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO).
Yashimye gahunda yo kohereza ingabo za EAC muri RDC hamwe n'ibihugu byatanze abasirikare muri uyu mutwe ku bw'ubushake bwabyo mu guharanira ko aka akarere kagira amahoro n'umutekano birambye.
Yanzuye ko AU izakomeza gushyigikira ibikorwa byo koherezwayo ndetse n'imikorere y'izi ngabo binyuze mu buyobozi na Komisiyo ya AU ariko Umuryango w'Abibumbye n'abandi bafatanyabikorwa basabwa gutera inkunga uyu mutwe haba mu buryo bw'amafaranga cyangwa ibikoresho.
Abagize iyi nama bamaganye ibitero biherutse kugabwa ku ngabo za MONUSCO byaguyemo abantu barimo abo muri izi ngabo n'abasivile bihanganisha imiryango yabuze ababo n'ibihugu bakomokamo.
Bashimye umwanzuro w'akanama gashinzwe amahoro muri Loni wakuyeho ikomanyirizwa rya RDC mu bijyanye no kugura intwaro kuko ngo bizayifasha kubona ubushobozi bwo guhangana n'imitwe yitwaje intwaro no kurinda abaturage bayo.
Perezida wa Angola João Manuel Lourenço nk'umuhuza ku rwego rw'Akarere, Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye uyoboye umuryango wa EAC na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, umuhuza ku rwego rwa EAC bashimiwe uruhare rwabo mu ntambwe zo gufasha kugera ku mahoro mu Karere.
Abitabiriye iyi nama biyemeje gukomeza gukurikirana ibibazo byo mu Burasirazuba bwa RDC no mu Karere k'Ibiyaga Bigari muri rusange.
Inama zabereye muri Ethiopie zombi zije zikurikira iyabereye i Bujumbura tariki 4 Gashyantare uyu mwaka, yasabye impande zombi guhagarika imirwano, igategeka umutwe wa M23 gusubira inyuma kugira ngo uganire na Leta ya Congo ndetse no kongera ingabo z'uwo muryango zishinzwe guhosha imirwano hagati y'impande zombi.
Abagaba bakuru b'ingabo z'ibihugu bigize EAC bateraniye i Nairobi tariki 9 Gashyantare bemeza uduce buri ngabo z'ibihugu zizajyamo mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n'igihe M23 igomba kuba yashyiriye intwaro hasi.
Ingabo z'uwo muryango kandi zahawe inshingano zo gushakisha amakuru ku mutwe wa FDLR mu duce zigenzura, kugira ngo azifashishwe mu bitero byo guhashya uwo mutwe nuramuka udashyize intwaro hasi.