Hamenyekanye akayabo Cristiano Ronaldo ari gukodesha Hoteli ari kubamo I Riyadh #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kizigenza Cristiano ronaldo ari kugenda amenyera ubuzima bwo muri Saudi Arabia yerekejemo nyuma yo gukina i Burayi aho bivugwa ko Hoteli abamo ari kuyishyura akayabo k'arenga miliyoni 250 z'amafaranga y'u Rwanda ku kwezi.

Abari hafi ya Cristiano Ronaldo bavuga ko uyu mukinnyi w'umuherwe ari kwishyura ikode rya hoteli ibihumbi 250,000 by'amapawundi ku kwezi.

Hoteli Ronaldo abamo yitwa Four Seasons hotel mu mujyi wa Saudi Arabia.

Uyu munyabigwi w'imyaka 37 yasinye amasezerano azajya atuma ahembwa akayabo ka miliyoni 173 z'amapawundi ku mwaka mu ikipe ya Al-Nassr.

Aka kayabo karimo yagasinyiye mu kwezi gushize ubwo yari amaze gutandukana nabi na Man United.

Mu gihe uyu mukinnyi atarabona inyubako yo kubamo muri Saudi,we n'abagize umuryango we bari kuba muri iriya hoteli iri muri metero 267 uvuye aho abayobora ubwami bwa Saudi Arabia batuye.

Nkuko Tatler ibitangaza,ikipe ye iba mu byumba 17 bigize iyi hoteli ariyo mpamvu yishyura kariya kayabo.

Icyakora,aya mafaranga yishyura,ayakuye mu mushahara we ayakorera igitondo kimwe gusa.

Ronaldo n'umukunzi we Georgina Rodriguez n'abana babo batanu bivugwa ko baba mu gice cya cyami,ama etaje 2 arimo icyumba cy'uruganiriro,ibiro byihariye,aho kurira ndetse n'ahagenewe itangazamakuru.




Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/hamenyekanye-akayabo-cristiano-ronaldo-ari-gukodesha-hoteli-ari-kubamo-i-riyadh

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)