U Rwanda rwishimiye icyemezo cy'urukiko rukuru rw'Ubwongereza kirwemerera kwakira abimukira #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Guverinoma y'u Rwanda yishimiye icyemezo cyafashwe n'Urukiko Rukuru rwo mu Bwongereza rwemeye gahunda yo kohereza abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo butemewe mu Rwanda.

Muri Mata, u Rwanda n'Ubwongereza bashyize umukono ku masezerano yubufatanye azatuma abimukira n'abasaba ubuhungiro bitemewe n'amategeko mu Bwongereza bimurirwa mu Rwanda.

Iyimurwa ry'itsinda rya mbere ryabo ryari riteganijwe muri Kamena, ariko ryahagaritswe n'icyemezo cy'urukiko ku munota wa nyuma, nyuma yuko bamwe mu bimukira baregeye inkiko bavuga ko byanyuze mu nzira itemewe.

Inzitizi z'amategeko ariko zahagaze kuri uyu wa mbere n'urukiko rukuru rw'igihugu, rwavuze ko gahunda yo kwimurira abimukira mu Rwanda yemewe kandi ko ihuye n'amasezerano arengera impunzi yo mu 1951.

itangazo guverinoma y'u Rwanda yashyize hanze rigira riti "Twishimiye iki cyemezo kandi twiteguye guha ubuhungiro n'umutekano ababishaka n'abimukira ndetse n'amahirwe yo kubaka ubuzima bushya mu Rwanda.

Iyi ni intambwe nziza mu kwifuza kwacu kugira uruhare mu gutanga ibisubizo byiza kandi by'igihe kirekire ku kibazo cy'abimukira ku isi."

Amasezerano adasanzwe yiswe ubufatanye bw'abimukira n'iterambere ry'ubukungu bireba abimukira n'abasaba ubuhungiro bageze mu Bwongereza mu buryo butemewe kuva ku ya 1 Mutarama 2022.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/politiki/article/u-rwanda-rwishimiye-icyemezo-cy-urukiko-rukuru-rw-ubwongereza-cyo-kurwoherereza

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)