Umugabo wavugaga ko arambiwe ubuzima yiyahuriye ku muriro w'amashanyarazi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa gatanu tariki ya 14 Ukwakira 2022, umugabo witwa Kofi Kakra,yiyahuye mu muriro w'amashanyarazi ngo kubera ibibazo yari afite.

Uyu mushoferi wa bisi w'imyaka 24,yuriye ipoto rifatirwaho umuriro ahitwa Kasoa Galileya. Galileya iherereye nyuma y'imisoro ya Kasoa,mu mujyi wa Accra.

Umugabo ngo yiyahuye ku muriro w'amashanyarazi kubera ibibazo by'ubukungu biri muri Ghana.

Bamwe mu babibonye bavuga ko yavuze ko arambiwe ubuzima. uyu mugabo yagaragaye yurira hejuru ku ipoto rinini yihuta cyane mu gihe abahisi n'abagenzi bageragezaga kumubuza arabyanga.

Muri videwo yashyizwe hanze,hagaragayemo imodoka ya Polisi ya Ghana yari ije gutabara kugira ngo ifashe uyu mugabo mbere y'uko ashyira ubuzima bwe mu kaga.

Uyu mugabo byarangiye akoze ku ipoto ryarimo umuriro mwinshi w'amashanyarazi ahita aturika.



Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-wavugaga-ko-arambiwe-ubuzima-yiyahuriye-ku-muriro-w-amashanyarazi

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)