Perezida Tshisekedi yabwiye UN ko u Rwanda rwabateye n'imbogamizi ikomeye bafite #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inteko Rusange ya 77 ya UN,Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yashimangiye ko igihugu cye cyatewe n'u Rwanda rwitwikiriye umutaka wa M23.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022 ubwo hatangizwaga iyi Nteko Rusange ya Loni iri kubera i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriwe n'Abakuru b'Ibihugu binyuranye.

Perezida Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye 'cyatewe n'ikindi cy'igituranyi ari cyo cy'u Rwanda ngo kitwaje umutwe wa M23.'

Perezida Félix Tshisekedi yavuze ko ibibazo by'umutekano mucye byugarije Abanyekongo, bikwiye kujya ku Rwanda.

Yaboneyeho kandi gusaba ko raporo y'Impuguke z'Umuryango w'Abibumbye yashinje u Rwanda gufasha M23, ko yashyikirizwa akanama gashinzwe amahoro n'umutekano ku Isi, mu buryo bweruye, ubundi ngo abagize uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo, bakirengera ingaruka zabyo.

Tshisekedi yavuze kandi ko mu rugamba FARDC irimo kurwana na M23 bakomeje guhura n'imbogamizi zo kutabona intwaro kubera ibihano byafatiwe iki Gihugu.

Nyamara kuva uyu mutwe wakubura imirwano, wakunze kuvuga kenshi ko nta bufasha uhabwa n'ikindi Gihugu nkuko bakomeje kubigereka ku Rwanda.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma ubwo yahakanaga ubufasha bavugwaho guhabwa n'u Rwanda, yagize ati 'Habe n'urushinge rwo kudoda imyenda baduha.'

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda na we witabiriye iyi Nteko Rusange y'Umuryango w'Abibumbye, arayigezaho ijambo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-tshisekedi-yabwiye-un-ko-u-rwanda-rwabateye-n-imbogamizi-ikomeye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)