Inteko yasabye ko Uturere twa Ngororero na Karongi twahabwa imashini zikora imihanda mu gihe cy'ibiza - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni ikibazo abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite bavuze ko gifite ubuakana ugereranyije n'imiterere y'utu turere, ubwo bahuriraga mu Nteko Rusange kuri uyu wa 22 Mata 2022, yamurikiwemo raporo ya Komisiyo y'Ingengo y'Imari n'Umutungo by'Igihugu ku gipimo cy'ikoreshwa ry'ingengo y'imari ya Leta mu mezi atandatu ya mbere y'umwaka wa 2021/2022 mu turere n'Umujyi wa Kigali.

Ingengo y'imari ya leta yatowe muri Kamena 2021 yari miliyari 3806,9 Frw, iza kuvugururwa muri Gashyantare 2022 yoyongeraho miliyari 633,6 Frw bituma igera 4440,5 Frw.

Ingengo y'imari yari igenewe uturere yari miliyari 735, 1 Frw yiyongereyeho miliyari 50,4 Frw nyuma yo kuvugururwa kwayo igera kuri miliyari 785,5 Frw.

Kugeza igihe Komisiyo yaganiraga n'uturere n'Umujyi wa Kigali muri Werurwe 2022, hari hamaze gukoreshwa miliyari 446,5 Frw angana na 56,7%. Ingengo y'imari isanzwe yari imaze gukoreshwa ku kigero cya 59,8% naho ifasha mu bikorwa by'iterambere ni ku kigero cya 51,8%.

Ingengo y'imari yo kurwanya ibiza mu turere n'Umujyi wa Kigali yarengaga miliyari eshatu z'amafaranga y'u Rwanda.Uturere twa Ngororero, Karongi, Burera, Gisagara na Huye nta kintu twagenewe.

Depite Manirarora Annoncée, yavuze ko Intara y'Iburengerazuba ari yo yibasirwa n'ibiza cyane bikaba ari ikibazo kuba Ngororero na Karongi turi mu turere twirengagijwe.

Ati 'Nasabaga ko by'umwihariko Intara y'Iburengerazuba yagenerwa ingengo y'imari yafasha mu kugura imashini zifasha mu butabazi igihe cy'inkangu. Intara igize imashini nk'ebyiri cyangwa eshatu byafasha mu gihe cy'ibiza. Usesenguye amafaranga ahabwa izisibura imihanda igihe cy'inkangu wasanga aruta ayagura izikoreshwa mu buryo buhoraho."

Depite Bitunguramye Diogène, yibajije uko utu turere tubyifatamo muri iki gihe cy'imvura nyinshi avuga ko bikwiye ko na two duhabwa amafaranga yo gukoresha.

Ibibazo byadindije imishinga y'iterambere

Perezida wa Komisiyo y'Ingengo y'Imari n'Umutungo by'Igihugu, Munyaneza Omar, yagaragaje ko imishinga y'iterambere itaragera ku gipimo gishimishije ugereranyije n'igihe gisigaye ngo umwaka w'ingengo y'imari urangire. Ibi ngo bigira ingaruka zo kwimukana amafaranga menshi mu wundi mwaka.

Yagaragaje ko mu mpamvu zibitera harimo ko imishinga iterwa inkunga na Banki y'Isi ikibura uruhare rutangwa nk'ingurane z'imitungo y'abaturage aho izakorerwa.

Ibijyanye no kubaka amashuri ngo byagiye bidindizwa n'uko ibikoresho bituruka ku rwego rw'igihugu bitinda koherezwa mu turere.

Hari kandi inyigo zitinda gukorwa aho kuri ubu nk'imishinga iterwa inkunga na Minisiteri y'Imicungire y'ibiza ikiri kuri zeru ku ijana mu Karere ka Kirehe.

Muri iyi mishinga yadindiye harimo imihanda nka Base-Butaro-Kidaho-Kirambo mu Karere ka Burera, Ibitaro bya Muhororo muri Ngororero biri mu byo Umukuru w'Igihugu yemereye abaturage n'ibindi.

Ibindi bishingiye ku masoko atinda gutangwa nko mu Ntara y'Amajyepfo, abura abayapiganira nk'uko byagaragaye mu Karere ka Burera n'ahandi.

Imisoro yari iteganyijwe mu turere n'Umujyi wa Kigali ingana na miliyari 87,5 Frw. Kugeza muri Werurwe 2022 hari hamaze kuboneka miliyari 57,3% igipimo kiri hejuru ya 65%.

Inteko Rusange y'Umutwe w'Abadepite yabaye hakoreshejwe iyakure



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inteko-yasabye-ko-uturere-twa-ngororero-na-karongi-twahabwa-imashini-zikora

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)