Ibi Musa yabikomoye ku nkuru ya Kingsley Obiekwu wahoze ari umukinnyi w'umupira w'amaguru ariko akaba yarasatiriwe n'ubukene, akava aho yinjizaga amafaranga menshi akaba umushoferi wa bisi y'ubucuruzi kugira ngo atunge umuryango we.
Inkuru y'ubuzima bwa Kingsley Obiekwu yamenyekanye cyane mu mpera z'icyumweru gishize, bituma Ahmed Musa amwoherereza $5,000 (5,131,780) yo kumufasha.
Obiekwu we yavuze ko kunanirwa kurangiza amashuri ye akiri umusore byatumye atakaza amahirwe yo kubona akazi, birangira agomba gukora akazi kagoranye ngo atunge umuryango we.

Obiekwu
Obiekwu yagize ati "Nyuma yo gusezera mu mupira w'amaguru mu 2004 nkarangiza amasomo yanjye yo gutoza mu Bwongereza, nasubiye muri Nigeria mu 2008 ariko nta kipe yo mu cyiciro cya mbere yemeye kunyakira, bavugaga ko ntazwi nk'umutoza.''
"Inshuti yanjye yampaye amahirwe yo gutoza mu ishuri ry'umupira w'amaguru. Ubu ninjiza 50.000 Naira (123.000Frw) mu kazi nkora nk'umutoza, ariko mfite umuryango urimo abana bane biga muri kaminuza, umushahara ntuhagije.''
Yakomeje ati "Aho kurambura amaboko no kwitotomba, nahisemo kuba umushoferi wa bisi y'ubucuruzi kugira ngo mbone amafaranga make yo gutunga umuryango wanjye."
Obiekwu ashimira cyane Ahmed Musa ku bw'impano. Yagize ati "Nishimiye ko Kapiteni wa Super Eagles, Ahmed Musa n'abandi Banya-Nigeria mu gihugu ndetse no mu mahanga baje kuntera inkunga muri iki gihe."
Ahmed Musa we yabwiye BBC ko yumvise ikibazo cya Obiekwu aramufasha, kuko nawe ari umukinnyi wakoreye byinshi Nigeria.
Musa yagiriye inama abakiri bato b'umupira w'amaguru, abasaba gushora imari mu gihe barimo gukina umupira w'amaguru mu rwego rwo kwitegura ikiruhuko cy'izabukuru.
Yagize ati "Abakinnyi b'umupira w'amaguru bakiri bato bagomba kwigira kuri bakuru bacu bahoze bakina, uko bameze ubu ni ukubera ko batashoye imari.'
Atanga ubutumwa ku bagikina yagize ati "Wibagirwe imodoka nziza, imibereho ihenze, n'imyenda y'igiciro kinini kuko iyo ugiye mu kiruhuko cy'izabukuru ni bwo ubuzima butangira."

Ahmed Musa
Kingsley Obiekwu w'imyaka 47 y'amavuko, yakiniye ikipe y'igihugu ya Nigeria nkuru imyaka itatu (1996â"1999) ndetse ni umwe mu ikipe yegukanye umudari wa Zahabu mu mikino Olempike yabereye i Atlanta mu mwaka wa 1996.
Uretse Udoji United na Enugu Rangers yakiniye iwabo muri Nigeria, uyu mugabo yakoze ku ifaranga rihagije mu makipe ya Go Ahead Eagles mu Buholandi, Al Ahly yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu ndetse na Al Masry yo mu Misiri.