Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gufung... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri guhera saa 19h00', i Dakar muri Senegal hateganyijwe umuhango wo gutaha Stade y'agatangaza muri iki gihugu, ya Abdoulaye Wade, uza kuba witabiriwe n'abanyacyubahiro ku Isi barimo na Perezida Paul Kagame ndetse n'abakinnyi bakanyujijeho muri Afurika.

Abanyacyubahiro baza kwitabira uyu muhango barimo Perezida Paul Kagame w'u Rwanda, Adama Barrow wa Gambia, Gianni Infantino Perezida wa FIFA, Abdoulaye Wade wayoboye Sénégal ndetse na Perezida wa Sénégal Macky Sall.

Mu muhango wo gutaha Stade Abdoulaye Wade, hateganyijwe umukino uhuza abakinnyi b'ibihangange bakanyujijeho mu mupira w'amaguru bo muri Sénégal ndetse no kunmugabane wa Afurika muri rusange.

Ikinyamakuru Onze Mondial cyatangaje ko abakinnyi bakanyujijeho baza kwitabira uyu muhango barimo Eto'o, Drogba, Adebayor, Asamoah Gyan, Yaya Touré, Jeje Okocha, Pitroipa, Patrick Mboma, Shaban Nonda, Titi Camara, Baffoe, Sammy Kuffour, Naybeth, Daniel Amokachi, Gouamene, Agassa, Emmanuel Eboué, Goma, Bancé, Ilunga, Njitap, Hadji, Kalusha Bwalya, Kanu, Feindouno, Adjovi-Boco na Lucas Radebe.

Stade Abdoulaye Wade, yubatswe mu mujyi mushya wa Diamniadio uherereye mu bilometero birenga 20 uvuye ku murwa mukuru Dakar, imirimo yo kuyubaka yatangiye ku ya 20 Gashyantare 2020, ikaba yuzuye itwaye arenga miliyoni 230 z'Amayero.

Iyi Stade Olympike, ikaba ifite Ubushobozi bwo kwakira abantu bagera ku bihumbi 50, ikaba yaberaho imikino inyuranye irimo n'umupira w'amaguru.

Biteganijwe ko iyi Stade izakira imikino Olimpike y'urubyiruko mu 2026 izabera muri Sénégal, ndetse ikazajya iberaho n'imikino y'ikipe y'igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Téranga, iherutse no kwegukana igikombe cya Afurika cya 2021 cyabereye muri Cameroun.

Umukino wa mbere w'irushanwa uzabera kuri Stade Abdoulaye Wade uzahuza Sénégal na Misiri mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi kizabera muri Qatar mu mpera z'uyu mwaka.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Macky Sall muri Senegal aho yitabiriye umuhango wo gufungura Stade Aboudlaye Wade

Perezida Kagame muri Senegal

Uyu muhango witabiriwe n'abanyacyubahiro batandukanye ku Isi

Stade Abdoulaye Wade izajya yakira abafana ibihumbi 50



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/114818/perezida-kagame-yitabiriye-umuhango-wo-gufungura-stade-yagatangaza-muri-senegal-amafoto-114818.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)