Diyoseze ya Paris yatangaje ko Papa Francis yemeye ubwegure bwa Musenyeri Aupetit w’imyaka 70, wahakanye ko yigeze kugirana imibonano mpuzabitsina n’umugore ashinjwa, ariko avuga ko imyitwarire ye ’itatanze urugero rwiza’ ari naho yahereye asaba imbabazi.
Mu nyandiko yashyize hanze, yagize ati “Nahangayikishijwe cyane n’abantu banyibasiye […] ndasengera abashobora kuba banyifuriza inabi, nk’uko Kirisitu yabinyigishije. Ndasaba imbabazi ku bo nshobora kuba narateye agahinda.”
Musenyeri Aupetit yeguye mu gihe n’ubundi Kiliziya mu Bufaransa rigihanganye n’ingaruka za raporo yasohotse mu Ukwakira, ikagaragaza ko Abapadiri basambanyije abana barenga ibihumbi 200 mu myaka 70 ishize.
Musenyeri wa Diyoseze ya Paris yeguye anasaba imbabazi
source : https://ift.tt/3xMYaYV