Umusore ufite inyinya nk'iya Papa Sava avuze amagambo akomeye kuri Papa Sava| Ibyo yavuganye na Rwasa yabyibutse – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusore witwa Niyitegeka Jean Marie Vianney ufite inyinya nk'iya Papa Sava yavuze uko yinjiye muri sinema avuga uko yahuye na Rwasa ndetse avuga no kuri Papa Sava bahuje inyinya. Ni mu kiganiro uyu musore yagiranye na The Choice Live.

Nkuko Niyitegeka yabitangaje, yavuze ko we na Papa Sava bahuriye ku nyinya gusa yitsa avuga ko iye ari nini kurusha iya Papa Sava. Uyu musore yongeyeho kandi ko icyo ahuriyeho na Papa Sava ari amazina dore ko nawe yitwa Niyitegeka.

Niyitegeka yavuze ko kuri ubu nawe ari ku mwuga wa sinema ndetse akaba asigaye ari umwe mu bayobora filime hano mu Rwanda ibintu ndetse yanigiye no mu ishuri rimwe mu mashuri akomeye hano mu Rwanda. Niyitegeka yavuze ko ubwo yararimo kwiga ibijyanye na sinema yaje guhura na Rwasa (Nsanzamahoro Denis) gusa ubwa mbere bahura ntabwo yigeze afata nimero ye.

Nyuma baje kongera guhurira kuri terrain maze Niyitegeka abwira Rwasa ko afite gahunda yo gukora nawe sinema. Rwasa yamubwiye ko agomba kubishyiramo imbaraga kugirango azatere imbere. Niyitegeka yavuze ko iri jambo rikomeye Rwasa yamubwiye ahora arizirikana.

Kuri ubu Niyitegeka arimo kuyobora filime y'uruhererekane izwi nka Isi insiga akaba ari filime irimo inyigisho yerekeye ubuzima bw'abanyeshuri bo muri Kaminuza.

Niyitegeka JMV



Source : https://yegob.rw/umusore-ufite-inyinya-nkiya-papa-sava-avuze-amagambo-akomeye-kuri-papa-sava-ibyo-yavuganye-na-rwasa-yabyibutse/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)