umupasiteri yateye inda abakobwa 20, avuga ko ari umwuka wera wabimutegetse. #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umupasiteri wo muri Nigeria yateye inda Abayoboke b'Itorero 20, Avuga ko Umwuka Wera yamutegetse gukora ibyo , yafashwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Ukwakira 2021.

Umugabo wiyita uw'Imana uvuga ko afite imyaka 50 uzwi nka Timothy Ngwu yashyizwe ahagaragara kubera gutera inda abayoboke be 20.

Umuntu ashobora kwibaza uburyo abakobwa bo munsengero baguye muri uyu mutego w'uyu mugabo wumubwirizabutumwa wabateye inda. Abakristu benshi bafite imyumvire cyangwa y'uko umukozi w'Imana ari umuntu uyoborwa n'umwuka wera kandi bakunda kumvira amabwiriza yose babaha.

Uwashinze akaba n'Umugenzuzi Mukuru wa Minisiteri y'imizabibu y'Ubutatu Butagatifu muri Enugu, Timoteyo muri Enugu yemeye ko yakoze icyaha. Ku bwe, yateye inda abayoboke b'itorero rye kuko yari amabwiriza yatanzwe n'umwuka wera.

Polisi yabwiye abanyamakuru ko uyu muvugabutumwa amaze gufatwa , yemeye ko yateye inda abagore bo mu itorero rye avuga ko akurikiza amabwiriza y'Imana.

Umugabo w'Imana yabwiye abapolisi ko igitabo cyera kivuga ngo 'were kandi ugwire' bityo ntushobora gusuzugura ubushake bw'Imana aribwo gutera inda abagore bo mu itorero rye ryatoranijwe n'umwuka wera.

Raporo zavuze kandi ko uyu mugabo yashyizwe ahagaragara n'umugore amaze kubimenya. Ntiyishimiye imyitwarire ye mibi, amushyikiriza abashinzwe umutekano.



Source : https://impanuro.rw/2021/10/06/umupasiteri-yateye-inda-abakobwa-20-avuga-ko-ari-umwuka-wera-wabimutegetse/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)