Uyu mugabo uri mu banyepolitiki bakomeye yigeze kuba Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya ndetse kuri ubu akaba yaratangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2022.
Dr Mutua unayobora Ishyaka MCCP [Maendeleo Chap Chap Party] wavuze ko aherutse i Kigali mu byumweru bishize, gusa ntabwo yatangaje itariki n’ibyamugenzaga mu Rwanda.
Mu mashusho yasangije abamukurikira ku rukuta rwe rwa Twitter, yagaragaje ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali yasuye birimo muri Gare yo mu Mujyi ahazwi nka Downtown no muri Car Free Zone, agace karimbishijwe kitwa ‘Imbuga City Walk’.
Muri aya mashusho, Dr Mutua, agenda agaragaza aho ageze nk’aho muri gare avuga ko yatunguwe no gusanga abantu bose baba bambaye udupfukamunwa, uburyo ari ahantu hari isuku n’ibindi.
Ubwo yageraga muri Car Free Zone yagize ati “Ndi i Kigali, ni umujyi usukuye, urebye hariya hasi [agenda aherekana mu mashusho] urabona ko nta n’igipapuro wahabona, harasukuye. Ibi ntabwo ari mu mujyi gusa ahubwo ugiye n’ahandi ubona ko hasukuye.”
Dr Mutua yashimye isuku idasanzwe yahasanze ayigereranya n’iyo mu mijyi ikomeye y’i Burayi na za Dubai, avuga ko ari ibyo kwishimira.
Ati “Ni ibintu byo gushimirwa kandi natwe twakabaye tubikora. Iyo uri mu muhanda hano ugira ngo uri i Burayi cyangwa Dubai, ndagushimiye Kagame!”
“Ni byiza cyane, uku ni ko ngomba gukora ibishoboka byose ngo Intara ya Machakos ihinduke, kuko iki ni igihugu cya Afurika; nshobora guhindura Machakos na Kenya ikamera gutya.”
Dr Alfred Nganga Mutua ni umwe mu barambye muri politiki ya Kenya, akaba yaranabaye umunyamakuru mu binyamakuru birimo Nation Media Group na za televiziyo zitandukanye.
Mu 2016, ni bwo yatangije Ishyaka riharanira iterambere ndetse mu 2020 ahita atangaza ko aziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe mu 2022.
source : https://ift.tt/3Ela3ra