Amerika yohereje mu Rwanda Rurangwa Oswald wahamijwe ibyaha bya Jenoside - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Biteganyijwe ko Rurangwa agezwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Kane, tariki ya 7 Ukwakira 2021.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Rurangwa yari atuye mu yahoze ari Segiteri ya Gisozi mu Mujyi wa Kigali. Yari umwarimu mu mashuri abanza ndetse yari Umuyobozi w’Interahamwe muri ako gace.

Mu mwaka wa 2007 ni bwo yakatiwe n’Inkiko Gacaca igifungo cy’imyaka 30 nyuma yo guhamywa uruhare muri Jenoside.

Rurangwa ni umuntu wa gatandatu woherejwe na Amerika mu Rwanda. Ni nyuma ya Enos Iragaba Kagaba [2005], Mudahinyuka Jean Mary Vianney [2011], Mukeshimana Marie Claire [2011], Dr Léopold Munyakazi [2016] ndetse na Munyenyezi Béatrice uheruka kwakirwa ku wa 16 Mata 2021.

Rurangwa Oswald wahamijwe ibyaha bya Jenoside yoherejwe mu Rwanda



source : https://ift.tt/3muXaDv
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)