Abapolisi n'abayobozi mu nzego z'ibanze basanze abo bantu mu Itorero ryitwa 'Dunia Si yetu' aba bose kandi baribavuye mu matorero atandukanye bateraniye ahantu mu isambu iherereye mu Mudugudu wa Mugari, Akagali ka Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare.
Muhirwa Johnson umwe mu bafashwe yemeye ko barenze ku mabwiriza ya guverinoma maze asaba imbabazi.
Ati 'Nahamagaye umwe mu bagize itsinda ambwira ko bateguye isengesho mu isambu. Nagiye yo nifatanya na bagenzi banjye bari baje umwe umwe kugeza igihe umubare w'abasenga wiyongereye ugera kuri 35 nibwo abashinzwe umutekano bahageraga baradufata ariko bamwe mu banyamuryango babashije gutoroka. Twarenze ku mabwiriza bityo ndasaba imbabazi.'
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamduni Twizeyimana yavuze ko abafashwe ari amakuru yatanzwe n'abaturage ko bari gusenga binyuranije n'amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Ati 'Abatuye mu Kagari ka Rutaraka bavuze ko hari itsinda ry'abasenga bateraniye mu isambu basenga. Polisi yahise ijya kureba aho abo bateraniye maze ibasha gufata abagera kuri 15 kuko abandi bakibona Polisi ije bahise biruka baracika.'
Ingabire Jeanne, Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyagatare yabwiye abarenga ku mabwiriza ko gukora ibiterane nk'ibi bibangamira gahunda ya leta yo kurwanya iki cyorezo cya COVID-19.
Yagize ati "Leta yashimangiye ingamba zo gukumira ingaruka mbi ziterwa n'icyorezo cya Covid-19 kandi mwese murazizi tutirengagije ko harimo n'urupfu, nyamara murabyirengagiza mukica amabwiriza nkana kandi bishobora gukwirakwiza icyi cyorezo. Nk'ubu hagize umwe muri mwe waba yaranduye yahita yanduza n'abandi muteraniye hano nabo bakajya kwanduza abandi.
Ingabire Jeanne yababwiye ko abayobozi b'inzego z'ibanze bazakomeza gufatanya n'inzego z'umutekano mu gukurikirana iyubahirizwa ry'amabwiriza yashyizweho na leta mu rwego rwo gukumira iki cyorezo.
Abafashwe bajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare aho bigishijwe ibijyanye n'ingaruka za COVID-19 ndetse banatanga amande ateganywa n'ubuyobozi.