Gisenyi : Mu kigo cy'ishuri habonetse ibisasu birenga 40 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri kariya gace ka Gisenyi ni kamwe mu twazahajwe n'intambara y'abacengezi bagiye basiga bateze ibisasu ngo bizahitane abaturage aho ndetse bimwe byagiye binabaturikana koko.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Nzeri 2021 ubwo abakozi bacukuraga ubwiherero muri ririya shuri cya TTC Gacuba, baje kugwa ku bisasu 46 bigaragara ko bimaze igihe kinini mu butaka.

Tuyishime Jean Bosco uyobora Umurenge wa Gisenyi, avuga ko biriya bisasu byabonywe n'abakozi bariho bacukura.

Yagize ati 'Twatumije inzego zibishinzwe kugira ngo bakomeze gukurikirana uko bimeze.'

Yatangaje kandi ko hahise hakorwa ibikorwa byo gushakisha niba ntabindi bisasu byaba biri muri kiriya kigo kugira ngo bitazahungabanya umutekano w'abanyeshuri mu gihe bazaba bagarutse ku mashuri.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Gisenyi-Mu-kigo-cy-ishuri-habonetse-ibisasu-birenga-40

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)