Si inshuro imwe, ebyiri cyangwa eshatu mu itangazamakuru hagenda hagarukamo ikibazo cy'imyitwarire y'abashinzwe umutekano ku kibuga bigize utumana, gusa ubu bisa n'aho barenze umurongo aho basagariye na kapiteni w'ikipe y'igihugu Amavubi, Bizimana Djihad.
Hari nyuma y'umukino wa wa FIFA Series aho Amavubi yaraye atsinzemo Estonia 2-0 yegukana igikombe.
Byahereye kuri myugariro Manzi Thierry ubwo yazanaga umwana ngo bajye kwishimana mu kibuga maze umwe mu ba-steward witwa Frank Romeo aramwitambika.
Ibi byabaye kandi kuri kapiteni w'Amavubi Bizimana Djihad ubwo yari amanukanye umwana we ariko uyu mugabo aramwitambika amubuza kwinjira mu kibuga aho byasabye ko Usher Komugisha wari ufite inshingano ku kibuga aza akamubwira ko ibyo akora byo kubuza Djihad bitabaho, ni bwo yinjiye.
Ibi aba bakinnyi bakoraga si ibintu bishya, no ku mugabane w'i Burayi n'ahandi hose ku Isi birakorwa kuba umukinnyi yazana umwana we bakishimana si igitangaza, gusa i Nyarugenge buri muntu ayobora uko ashaka apfa kuba yahawe uburenganzira gusa.
Ni imyitwarire yamaganywe kandi n'abahoze bakinira ikipe y'igihugu Amavubi (FAPA) aho bavuze ko imyitwarire nk'iyi ikwiye gucika burundu, abakora izi nshingano bakaganirizwa bakamenya aho inshingano zabo zihera n'aho zigarukira.
Aba bashinzwe kugira ngo hatangira ikibangamira abakinnyi mu kibuga ariko ntibashinzwe bo ubwabo kubangamira abakinnyi.
FAPA ibabajwe n'ibyabaye ejo nijoro mu mukino wa nyuma wa FIFA Series, aho bamwe mubakinnyi barimo kapiteni w'ikipe y'igihugu Djihad na Manzi Thierry babujijwe n'umukozi ushinzwe umutekano wo ku kibuga kwinjiza abana babo mu kibuga ngo basangire n'ikipe ibyishimo by'intsinzi⦠https://t.co/YZbIOt4oRG
â" Former Amavubi Players Association (@FAPA_Rwanda) March 31, 2026
Babigize akamenyero....
Romeo Frank wo muri Tiger Gate akaba ari umwe mu bakunzwe kugarukwaho cyane, yagiranye ibibazo n'abanyamakuru n'ibindi.
Iyi Tiger Gate ni iyo ibarizwamo uwitwa P Diddy uheruka gusanga abanyamakuru aho bari mu kazi, bahemerewe maze ashushubikana umukinnyi amubuza kuvugana n'itangazamakuru.
Ni iyo irimo umu-steward wateze umufana akikubita hasi akagwa nabi bakamutwara kwa muganga.
Hari igihe babanje kubuza kwinjira abasifuzi bari baje gusifura umukino, bababwira ko nta kibyemeza ko ari bo baje gusifura (bari baje gusifura umukino wa Rayon Sports na Police FC muri Heroes Cup).
Amakosa y'iyi kompanyi amaze kuba menshi kuyavuga biragoye ko wayarangiza, nk'abareba imipira yo mu Ntara bo baba barira ayo kwarika.
Source : http://isimbi.rw/abashinzwe-umutekano-ku-bibuga-stewards-bigize-utumana-bageze-no-kuri-kapiteni.html