Uyu muganda wari ufite intero igira iti "Tugire Bangui ikeye" wateguwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Bangui. Hari hitabiriye kandi Guillaume Ngobo waturutse mu buyobozi bw ’Umujyi wa Bangui.
Igikorwa cyo gusukura uyu Mujyi cyari kitabiriwe n’umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by ’abapolisi n’abasirikare bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye baba i Bangui,Umunya-Mauritania, Brig. Gen Elyse M’Bareck Elkair.
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abayobozi ndetse n’abasirikare b’u Rwanda ba batayo ya 8 n’iya 9 bose bakorera mu Mujyi wa Bangui bakoze igikorwa cyo gutoragura imyanda, ndetse no gusibura imigende, banatema ibihuru byari bikikije Umujyi wa Bangui.
Ngobo yashimiye abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda ndetse n’abanyarwanda baba i Bangui ku nkunga yabo bakomeje gutanga mu kugarura amahoro muri iki gihugu ndetse no kuzamura imibereho myiza y’abaturage ba Centrafrique.
Brig. Gen M’Bareck na we yashimye ubufatanye n’umurava w’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda mu kurinda abasivili.
Yavuze ko ari ingenzi ku kwita ku buzima bw’abaturage n’ubwo haba hari izindi nshingano zijyanye no kubungabunga amahoro.
source : https://ift.tt/3CSchNZ