AS Kigali yasobanuye ibya Emery Bayisenge uri ku rutonde rwayo ariko akaba adakina #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikipe ya AS Kigali ivuga ko kuba Emery Bayisenge ari ku rutonde rw'abakinnyi izakoresha mu mikino Nyafurika ari uko bari bamaze kumvikana nyuma aza kubona ikipe.

Ku mukino wo kwishyura w'ijonjora rya CAF Confederations Cup AS Kigali yanyagiyemo Olympique de Missiri-Sima 6-0, abantu batunguwe no kubona Emery Bayisenge ku rutonde rwa AS Kigali rw'abakinnyi yatanze muri CAF izakoresha mu mikino Nyafurika.

Umutoza wa AS Kigali, Eric Nshimiyimana akaba yavuze ko uyu musore atari umukinnyi wabo ariko na none bamutanze baramaze kumvikana.

Ati "utarajya kure kuri icyo nkusubije, Emery twari twaramaze kumvikana, atubwira ko hari ikipe ategereje bidakunze yazadukinira, ikindi bikunze kuko yazagenda mu kwa mbere yatubwiye ko twamushyira ku rutonde akadukinira kugeza muri Mutarama, ikipe barumvikanye ayisabye ko yaba adukinira, iranga. Kuba ku rutonde ni uko yari yabyemeye tumutanga muri CAF. "

Iyi kipe ntabwo yigeze ayitangaza ariko amakuru avuga ko uyu myugariro ashobora gusubira gukina muri Bangladesh n'ubundi yavuye aza muri AS Kigali.

Emery Bayisenge yamaze kubona ikipe hanze y'u Rwanda
Eric Nshimiyimana avuga ko yari yamaze kwemera kubakinira



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yasobanuye-ibya-emery-bayisenge-uri-ku-rutonde-rwayo-ariko-akaba-adakina

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)