
Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia ubwo yari akigera mu Rwanda ku kibuga mpuzamahanga cy'indege cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Dr. Vincent Biruta.
Twitter y'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu w'u Rwanda (Village Urugwiro) igaragaza ko Abakuru b'Ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bari kumwe (tête-à -tête) ku ngingo zitandukanye ariko zitahise zitangazwa mu buryo burambuye.
Itangazo ryo kuri Twitter y'Urugwiro rigira iti "Baganiriye ku ngingo zitandukanye z'ingirakamaro zirimo ibijyanye n'umwihariko w'ibihugu byombi, ibirebana n'Akarere ndetse n'ibirebana n'aho isi igeze kugeza ubu."

Nyuma y'uwo mubonano Perezida Kagame yakiriye Abiy Ahmed Ali wa Ethiopia ku meza basangira ifunguro rya nimugoroba.
Kuva mu mwaka wa 2019 Leta ya Ethiopia ihanganye n'Umutwe w'Inyeshyamba witwa TPLF wavukiye mu ntara yitwa Tigray iri mu Majyaruguru y'Igihugu, bakaba batumvikana ku bijyanye n'uburyo bw'imiyoborere y'icyo gihugu ndetse n'ububanyi n'amahanga cyane cyane Eritrea baturanye.

Ethiopia kandi ikaba ihora ihanganye n'igihugu cya Misiri na Sudan kuva mu myaka myinshi bishingiye ku mikoreshereze y'Uruzi rwa Nil, kuko ibyo bihugu bitifuza ko Ethiopia ihagarika amazi bikoresha mu buhinzi ikubaka urugomero rwa rutura rutanga amashanyarazi.

source : https://ift.tt/3t5wV9G