Kanama irasiga Abanyarwanda ibihumbi 700 bakingiwe Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Inkingo zizatangwa ni izakozwe n’uruganda rwa Pfizer, zikazatangirwa mu bigo nderabuzima ndetse no ku zindi site zateganyijwe.

Muri rusange uku kwezi kuzarangira Abanyarwanda ibihumbi 300 bakingiwe, biyongere ku bandi barenga ibihumbi 400 bamaze gukingirwa, bitume umubare w’abamaze gukingirwa ugera ku bantu barenga ibihumbi 700 mu mpera z’uku kwezi.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko ibi bikorwa bizibanda ku baturage bari hejuru y’imyaka 40.

Mu kiganiro na RBA, yagize ati “Iki ni igikorwa kigari cyo gukingira abantu benshi batuye mu Mujyi wa Kigali cyane cyane abari mu myaka 40 kuzamura, abagore batwite kuva ku byumweru 12, abonsa ariko n’abandi bantu bakora mu buzima busanzwe nk’ubucuruzi n’indi mirimo ifite aho ihuriye n’iterambere.”

Kugeza ubu abantu 460.837 bamaze gukingirwa byuzuye mu Rwanda, bivuze ko batewe nibura inkingo ebyiri. Leta ifite gahunda y’uko bitarenze impera z’umwaka utaha, 60% by’Abanyarwanda bazaba bamaze gukingirwa, ibizatuma u Rwanda ruza mu bihugu bifite ubudahangarwa bwuzuye, bityo imirimo yose igasubukurwa.

Abanyarwanda barenga ibihumbi 700 bazaba bakingiwe bitarenze Kanama



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)