Tour de l'Avenir niryo siganwa rikomeye ku Isi ry'amagare rihuza abakinnyi batarengeje imyaka 23 rigereranywa na Tour de France y'abato.
Kuri iyi nshuro isiganwa rizarangira tariki ya 13 Kanama kugeza tariki 22 Kanama 2021. Abakinnyi 174 bakomoka mu makipe 29 arimo 19 y'iburayi, nibo bazitabira iyi mikino.
Habimana Jean Eric uzaba uhagarariye u Rwanda, muri Tour du Rwanda iheruka yabaye uwa 34 anaba uwa 12 mu batarengeje imyaka 23.Â

Habimana Jean EricÂ
Nyuma yo kwitabira imyitozo mu Busuwisi mu kigo cy'impuzamashyirahamwe yo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI) Eric yahawe ubutumire bwo kwitabira Tour de l'Avenir mu 2020 ariko ntiyaba kubera Covid-19, kuri iyi nshuro rero akaba yongeye gutumirwa n'ubwo ahamya ko nta myitozo ihagije afite.
Irushanwa riheruka kuba mu 2019, ryegukanwe na Tobias Foss ukomoka muri Norvege wabaye uwa 9 muri Giro d'Italia.