Abanyeshuri 106 batangiye ibizamini bya leta barwaye Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri rusange abanyeshuri batangiye ibizamini bya leta mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021, basaga ibihumbi 195. Barimo ibihumbi 122 bo mu cyiciro rusange mu gihe abarangiza umwaka wa gatandatu ari ibihumbi bisaga 50 naho muri TVET bakaba ibihumbi 22.

Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’Ubumenyingiro, NESA, cyatangaje ko hari abanyeshuri bagera ku 106, bagiye gukora ibizamini barwaye Covid-19, muri bo harimo abasaga 20 bo mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi wa NESA, Dr Bahati Bernard yavuze ko ingamba zashyizweho mu kubafasha, harimo kuba harashyizweho icyumba cyihariye uwo muntu urwaye Covid-19 ajyamo agakoreramo ikizamini ndetse hanashyizweho uburyo bwo kubavana mu ngo zabo no kubasubizayo.

Ati “Hakozwe ibishoboka kugira ngo hatagira umwana n’umwe wagombaga gukora ikizamini cya leta uvutswa amahirwe n’uko arwaye Covid-19, byarakozwe, amabwiriza yaratanzwe kandi araza gukurikizwa nk’uko byagenze na mbere.”

NESA igaragaza ko uretse abarwaye Covid-19 bashyiriweho uburyo bwo kwitabwaho no koroherezwa gukora ibizamini n’abandi banyeshuri bose barakora ibi bizamini bari gufashwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bahati Bernard yavuze ko abarwaye Covid-19 bashyiriweho uburyo bwo gufashwa



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)