RwandAir yahagaritse ingendo zijya muri Uganda -

webrwanda
0

Uganda ni kimwe mu bihugu byo mu karere byugarijwe na Covid-19 ku kigero cyo hejuru byanatumye mu minsi mike ishize, Guveronoma ifata ingamba zikaze zirimo no gukumira ingendo zihuza uturere.

Imibare y’ubwandu muri iki gihugu yatangiye kwiyongera mu mpera za Gicurasi, aho nibura ku munsi habonekaga abantu barenga 300 banduye bigera n’aho nko ku wa 10 Kamena 2021 abanduye bari 1.438 mu gihe mbere y’uwo munsi bari 842.

Itangazo RwandAir yashyize hanze rivuga ko ingendo zibaye zihagaritswe kugeza mu gihe kitazwi, gusa abagenzi bagizweho ingaruka n’izo mpinduka bakaba bemerewe guhinduza amatike yabo ku buryo bazayabyaza umusaruro ubwo zizaba zasubukuwe.

Muri Uganda habarwa abantu 56.949 bamaze kwandura Covid-19 mu gihe abo yahitanye ari 402. Ubwandu bw’iki cyorezo buri kuri 17%.

RwandAir yakoreraga ingendo esheshatu ziva cyangwa zijya muri Uganda buri cyumweru, usibye ku wa Kabiri nibwo iterekezagayo. Muri iki gihe cya Covid-19, umuntu washakaga kwerekeza i Entebbe yasabwaga kuba yaripimishije Covid-19 nibura mbere y’amasaha 72.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)