Ntibisanzwe: Uyu musore atwara umutima we mu gikapu,benshi bamugirira impuhwe||menya uko byamugendekeye. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ushobora kwemerako bidashoboka ko umuntu bamukuramo umutima bakamushyiramo undi kandi agakomeza akabaho benshi iyo bamubonye bibatera ubwoba no kumugirira impuhwe.

Afite akuma gacajingwa gakora nk'umutima arakagendana mugikapu
Andrew ni umusore w'imyaka 26 y'amavuko, wari usanzwe akoresha abantu kugiti cyabo imyitozo ngorora mubiri.

Uyu musore yaje guhura n'uburwayi bwa Cardiomyopathie bwatumye imitsi y'umutima icika bituma umutima we utongera gukora neza, bituma bamubaga bawukuramo.

Uyu musore amaze kubagwa umutima, bamushyizemo umutima mushya(akuma gakora nk'umutima), uyu mutima ariko ntibawushyize mu mubiriwe nkuko byari bisanzwe ahubwo, washyizwe mu gikapu, bawuhuza n'uduheha tuwuhuza n'umubiri we.

Uyu mutima uyu musore atwara mugikapu ukenera umuriro kuburyo bimusaba no kwitwaza sharijeri agacajinga kugirango umuriro udashiramo kuko ushizemo bamubwiyeko yahita yitaba rurema.
Uyu musore kuri we avugako ntacyo bimutwaye ndetse ntanubwoba bimutera uretse ko bimugora guhorana iki gikapu aho agiye hose kuko ngo biragoranye cyane, yaba aryamye yicaye, agenda aba acungana nuko umuriro utashira muri aka kuma yahawe gakora nk'umutima.



Source : https://yegob.rw/ntibisanzwe-uyu-musore-atwara-umutima-we-mu-gikapubenshi-bamugirira-impuhwemenya-uko-byamugendekeye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)