《Yambaraga agapfukamunwa bakamuha urwamenyo none kabaye itegeko ku isi》Ubuhanuzi bwa Michael Jackson kuri Covid-19. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi ufatwa nk'umwami w'injyana ya Pop Michael Jackson yari yarahanuye icyorezo cya coronavirus kizabaho ku isi, akaba ari yo mpamvu yambaraga agapfukamunwa aho agiye hose nubwo bamushinyaguriraga bakamusek nk'uko byavuzwe n'abari bashinzwe umutekano we.

Ikinyamakuru- sun.com kivuga ko Matt Fiddes wakoreye uyu muhanzikazi imyaka icumi amucungira umutekano, yavuze ko Michael yari yarahanuye ibijyanye n'iki cyorezo cya coronavirus gikomeje gukwira isi yose.

Yagize ati: 'Yari abizi ko hari icyorezo runaka, yari abizi kandi buri gihe yemezaga ko isaha n'isaha tuzahanagurwa kuri iyi si. Ko udukoko twakwirakwira, kuko yashoboraga kujya nko mu bihugu bine umunsi umwe kandi akenshi yagendaga mu ndege ari kumwe n'abandi bantu'

Mat yavuze ko yajyaga aseka Michael akamusaba kutambara agapfukamunwa kuko yari afite ipfunwe ryo gukanda hamwe nawe igihe yari akambaye.

Yagira ati:' Mat sinshobora kurwara, sinshobora kureka abafana banjye. Mfite ibitaramo biza. Ndi kuri iyi si kubwimpamvu. Ntabwo ngomba kwangiza ijwi ryanjye, njye 'nabonye ubuzima bwiza, sinzi uwo nzahura uyu munsi, sinzi icyo nshobora gukwirakwiza.' '

Ku byo Jackson, wapfuye mu 2009, yari kuvuga ku cyorezo uyu munsi, Fiddes yongeyeho ati: 'Nzi neza icyo yari kubwira abantu ubu kandi ni ko bimeze.yari kuvuga ati' Sinababwiye'

'Noneho yari kwinubira ko ntawe umwumva kuko iyo yavugaga ibintu nkibyo abantu batamwitayeho, bakamutuka'.

'Ariko ntushobora kuba umustari ukomeye ku isi kandi ntube umunyabwenge. Uwo musore yari umunyabwenge cyane. Ariko nari ndamuzi.'



Source : https://yegob.rw/%E3%80%8Ayambaraga-agapfukamunwa-bakamuha-urwamenyo-none-kabaye-itegeko-ku-isi%E3%80%8Bubuhanuzi-bwa-michael-jackson-kuri-covid-19/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)