Angola yijeje u Rwanda ubufatanye mu guhangana n’abahakana Jenoside - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yabivugiye mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye muri icyo gihugu ku wa 27 Kamena 2021, witabiriwe n’abantu bake kubera ingamba zo kurwanya icyorezo cya Covid-19, abandi bifashisha ikoranabuhanga.

Minisitiri Téte yavuze ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu kababaro bafite muri ibi bihe byo kwibuka.Yagaragaje ko u Rwanda rwagize ubutwari bwo kwikura mu icuraburindi rwashyizwemo na Jenoside mu gihe gito rukiyubaka ku buryo rufatirwaho urugero ku isi yose.

Yakomeje ati “Tuzahora twifatanya na Guverinoma y’u Rwanda n’abaturage barwo mu rugamba rwo guhangana n’ibikomeza kurubuza amahoro, umutekano n’umudendezo. Tuzashyira hamwe mu kugenzura ko nta ngengabitekerezo ya Jenoside ikwirakwira mu baturage bacu, tugenzura ko basangira mu mahoro kugira ngo imibereho yabo irusheho kuba myiza.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko u Rwanda runejejwe n’ibihugu by’inshuti birimo na Angola “byabanye natwe mu bihe bigoye, bikadufasha mu cyerekezo cyacu cyo kurinda amahoro, umutekano no kubaka iterambere”.

Yakomeje agira ati “U Rwanda rubyijeje ko ubushuti buzakomeza ndetse umubano ukaba mwiza kurusha. Bibaye ngombwa ko hari icyo badukeneraho bashobora kutubwira.”

Umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Angola witabiriwe kandi n’umushakashatsi akaba n’ushinzwe ubujyanama mu by’amategeko muri CNLG, Dr Bideri Diogène, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Loni muri Angola, Zahira Virani, uwari Umuhuzabikorwa wungirije wa Loni mu Rwanda ubwo Jenoside yabaga mu 1994, Charles Petrie ndetse na Ambasaderi wa Kenya muri Angola, Josephat Maikara.

Abanyarwanda n'inshuti zabo muri Angola bibutse ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi
Bamwe baklurikiye uyu muhango hifashishijwe ikoranabuhanga



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)