Nyamasheke: Abaturage barenga 300 borojwe amatungo afite agaciro ka miliyoni zisaga 14 -

webrwanda
0

Ni igikorwa cyakozwe n’umuryango Compassion International ubinyujije mu iterero rya Methodiste Libre au Rwanda (EMLR) ku bufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke.

Akarere ka Nyamasheke kaza ku mwanya wa mbere mu kugira abakene benshi, by’umwihariko aboroye akaba ari bake.

Ntaganira Josue Michael, umuyobozi w’aka Karere wungirije ushinzwe iterambere ry’abaturage yashimiye abafatanyabikorwa bari kubafasha kuzamura abaturage.

Ati “Bongereye abaturage ubushobozi, babahaye intangiriro ngo bategure ejo hazaza kandi babahaye n’ubushobozi bwo gutuma aho batabonaga imbaraga zituma babona ibindi bibateza imbere babubona mu buryo bwihuse. Umuturage azabona ifumbire, itungo, ibi byose bizatuma ubuhinzi n’ubworozi bitera imbere ari nayo soko y’iterambere ry’umuturage muri rusange.”

Abahawe inka n’ihene bishimiye aya matungo bijeje ko azabafasha mu kubona ifumbire no kurushaho kwiteza imbere.

Mukarugira Spéciose umwe muri bo ati ati “Iyi ni inka y’umugisha igiye kumfasha mu kubona amata, kubona ifumbire kuko nta nka nari mfite, kugira ngo mbone ifumbire byari bigoye.”

Uwimbabazi Mariana yunzemo ati “nishimiye iri tungo bampaye kandi nzaribyaza umusaruro, iyi hene izampa ifumbire kandi izororoka ndetse noroze n’abagenzi banjye kuburyo twese tuzatera imbere.”

Eduard Ndahayo umuyobozi w’uyu mushinga Methodiste Libre au Rwanda (EMLR) yavuze ko ubusanzwe bita ku bana ariko ko batabikora imiryango yabo ibayeho nabi.

Ihene 298 zatanzwe zifite agaciro ka miliyoni zisaga 11 naho inka 8zikaba zifite agaciro miliyoni eshatu n’ibihumbi 200.

Abagera kuri 298 bahawe ihene zizabafasha kwivana mu bukene



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)