Hamenyekanye abandi bahanzi bakomeye bazaririmba mu birorori byo gufungura BAL izabera mu Rwanda #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Amakuru avuga ko aba bahanzi bari mu Rwanda yamenyekanye ejo kuwa 11 Gicurasi 2021 aho Mr Eazi yashyize hanze amashusho kurubuga rwe rwa Instagram avuga ko atakibarizwa mu mujyi wa Accra muri Ghana, agira ati' urabeho Accra'.

Naho amakuru y'umuhanzikazi Ciara yamenyekanye aho we na J.cole basuye Pariki y'Akagera iherereye mu ntara y'uburasirazuba

Byitezwe ko abamuhanzi bazatarama mu birori byo gufungura imikino ya Basketball Africa League itekanyijwe kuzabera mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere tariki 16 kugeza kuri 30 Gicurasi 2021.

Mr Eazy yaherukaga mu Rwanda mu 2017 ubwo yahakoreraga igitaramo gikomeye cyabereye muri Kigali Convention Centre.

Ni igitaramo uyu muhanzi yahuriyemo n'abandi barimo Bruce Melodie na Charly & Nina kimwe n'aba Djs bari bakomeye barimo DJ Marnaud na nyakwigendera DJ Miller.

Nyakwigendera DJ Miller (imbere) na Dj Marnaud bacuranze mu gitaramo cya Mr Eazy

Ciara Princess Wilson uri mu Rwanda n'umwe mu byamamare muri Leta Zunze ubumwe za Amerika akaba ari umwanditsi windirimbo, umubyinnyi ndetse akaba akora n'umwuga wo kumurika imideli. Yavukiye mu Mujyi wa Fort Hood muri Texas

Ciara uri mu Rwanda

Bruce Melodie yaririmbye mu gitaramo cya Mr Eazymu 2017
{}



Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/hamenyekanye-abandi-bahanzi-bakomeye-bazaririmba-mu-birorori-byo-gufungura-bal

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)