Akumiro: i Kigali abagore babiri b'indaya barwaniye umugabo bafite inzembe barakebagurana bikomeye hafi yo kwicana. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abagore babiri b'indaya batuye mu murenge wa Nyakabanda ahazwi nko ku Kitabi mu mujyi wa Kigali barwanye bafite inzembe baracyebagurana bikomeye bapfa umugabo bashakaga kugura.

Nyuma y'aho BTN  TV  yasangaga aba bagore kwa muganga aho bagiye kwivuriza, yavuze ko aba bagore umwe yitwa Diane undi  akitwa Jeanette bakaba bakataguranye bikomeye bakoresheje inzembe aho umwe yahindangije undi isura ndetse arakatagura ku ivi ageza kuri ruseke .Undi na we  bamukatagura ku ijosi ,bapfa umugabo, ndetse wahise unatabwa muri yombi nyuma yiyo mirwano.

Uyu niwe Diane

Abari bahari batangaje ko indaya yitwa Diane ariyo yafashe iya mbere ifata inzembe itatamura Jeannette kuko ariyo yari yizaniye umugabo gusa ahageze yikundira Jeannette, ibi byatumye bateranira Diane bashaka kumuniga nkuko yabyivugiye.Abibonye ngo yahise na we ashaka uko yitabara.

Jeannette yakomerekejwe mu isura bikomeye

Umuganga wakiriye iyi ndaya Jeannette yavuze ko yahageze amerewe nabi kubera ibikomere, bituma ndetse bagomba kwitabaza serumu kugirango abashe kumererwa neza.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/akumiro-i-kigali-abagore-babiri-bindaya-barwaniye-umugabo-bafite-inzembe-barakebagurana-bikomeye-hafi-yo-kwicana/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)