Umunyemari Nkubiri yasabiwe gufungwa imyaka 6, "vouchers" zirarikoroza - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibyaha Nkubiri aregwa bifitanye isano na miliyari 2 Frw ashinjwa kunyereza mu bucuruzi bw'ifumbire mvaruganda binyuze mu Kigo cye cya ENAS, agahimba imikono byitwa ko ari iy'abantu bafashe ifumbire mvaruganda ntibishyure, ashyiraho n'abatarayihawe kugira ngo ahabwe amafaranga na Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 20 Mata 2021, Inteko Iburanisha yatangiye iha uruhande rw'abunganira Nkubiri n'Ubushinjacyaha umwanya wo gusobanura bwa nyuma ingingo zabo kuko nta wundi mwanya uzaboneka.

Nkubiri yasabye Ubushinjacyaha bwamushinjaga guhimba urutonde rw'abahawe ifumbire kandi batarayihawe kuzazana 'vouchers' kuko ngo ari zo zakwerekana mu by'ukuri abahawe ifumbire n'abatarayihawe.

Ati 'Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi nizane izo vouchers kuko irazifite kandi turabizi neza ko bazifite. Ntibagore urukiko, nibazane izo voucher, bafashe urukiko.'

Izi voucher uruhande rwa Nkubiri ruvuga ngo ni inyemeza nkunganire yahabwaga umuturage wunganiwe na Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi.

Kuri iyi ngingo uruhande rwa Nkubiri rwabaye nk'uruterana amagambo n'Ubushinjacyaha kuko bwavugaga ko Nkubiri ashobora kuzana izi voucher kuko na we ngo azifite.

Inteko iburanisha yanzuye ko iyi ngingo ya voucher nayo izasuzumwa ikazavugwaho mu isomwa ry'umwanzuro w'urubanza.

Indi ngingo yagarutsweho ni iy'inyandiko mpimbano y'urutonde ruriho abantu Ubushinjacyaha buvuga ko Nkubiri Alfred yahimbiye imikono. Ubushinjacyaha bwavuze ko Nkubiri yahimbiye imikono abantu 36 yemeza ko batishyuye ifumbire kandi barayimwishyuye akayinyereza.

Abunganizi ba Nkubiri babajije Ubushinjacyaha niba abo bantu 36 bahagarariye abantu bose bahawe ifumbire cyangwa niba ari bo gusa, buvuga ko ari bo bwabashije kubaza babuha ubuhamya.

Mu iburanisha riheruka abunganira Nkubiri bari bagaragaje ko bafite imbogamizi yerekeye ubuzime bw'icyaha, aho berekanye ko icy'inyandiko mpimbano cyashaje kuko kirengeje imyaka itatu.

Mu iburanisha ryo ku wa 24 Werurwe, 2021, abunganira Nkubiri kandi bari basabye urukiko ko hakwifashishwa Laboratwari y'u Rwanda y'Ibimenyetso Bishingiye Ku Bumenyi n'ubuhanga Bikoreshwa mu Butabera, igasuzuma niba imikono ivugwa koko yarahimbwe.

Ubushinjacyaha bwasabiye Nkubiri igifungo cy'imyaka itandatu n'ihazabu ya miliyoni 4 Frw. Uyu munyemari we yakomeje gusaba kugirwa umwere kuko ibyaha akurikiranyweho nta gaciro bifite.

Nyuma yo kumva impande zombi, Inteko iburanisha yanzuye ko izatangaza icyemezo cyayo ku wa 19 Gicurasi 2021, saa 15:00.

Ubushinjacyaha bwasabiye Nkubiri gufungwa imyaka itandatu



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nkubiri-yasabiwe-gufungwa-imyaka-6-vouchers-zirarikoroza

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)