Umukino wa Real Madrid na Chelsea muri cya... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aganira na Slovenian TV, Ceferin yavuze ko nubwo imikino ya ½ cya Champions League iteganyijwe mu cyumweru gitaha, ariko bishoboka ko Real Madrid na Chelsea zitazakina nkuko byari biteganyijwe.

Yagize ati 'Ukuri n'uko umwaka w'imikino ugeze kure, ibitangazamakuru byateye inkunga iri rushanwa bishobora kudusaba amafaranga kubera ko uwo mukino wa ½ utabaye. Icyakora hari akantu gato gashobora gutuma uwo mukino utaba. Ibintu bizaba bitandukanye cyane mu gihe kiri imbere'.

Agaruka ku byavuzwe na Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez ko adakunda abantu bameze nka Ceferin,  yasubije ko akora akazi ke neza atagamije gushimisha abantu.

Yagize ati 'Ashaka Perezida wubaha ibyo avuze byose, umwumva akanakora ibyo atekereza. Nkora ibyo ntekereza ko ari byiza ku mupira w'u Burayi n'uw'Isi yose'.

Amakipe atatu muri 12 yari yemeye kujya muri European Super League, niyo atarava ku izima ngo nayo avemo, ayo ni Real Madrid, FC Barcelona na Juventus.

Byari byatangajwe ko amakipe atazava muri Super League azakurwa muri UEFA champions League gusa ntabwo UEFA irafata umwanzuro kuko bias nkaho iri rushanwa ryaburijwemo, ariko abariteguye batarava ku izima.

Gushaka igisubizo cyuko amakipe atazongera gushukwa akurikiye amafaranga, UEFA yatangaje ko igiye kongera ingano yayo yashoraga mu marushanwa itegura arimo Champions League na Europa League, ku buryo amakipe ayitabira azajya avanamo agatubutse.

Ceferin uyobora UEFA yatangaje ko hari amahirwe make ko umukino wa Real Madrid na Chelsea utazakinwa



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/104975/umukino-wa-real-madrid-na-chelsea-muri-cya-champions-league-ushobora-kudakinwa-104975.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)