Turinabo wari mu banyarwanda baregwa kubangamira IRMCT yapfiriye muri Kenya -

webrwanda
0

Ku wa 3 Nzeri 2018 nibwo abanyarwanda barimo Maximilien Turinabo, Anselme Nzabonimpa, Jean de Dieu Ndagijimana, Marie Rose Fatuma na Dick Prudence Munyeshuli bashyikirijwe IRMCT.

Ibirego byabo bihuye n’urubanza rwa Ngirabatware Augustin wabaye Minisitiri w’Igenamigambi hagati ya Nyakanga 1990-Mata 1994. Afungiwe i Arusha kubera uruhare yahamijwe muri Jenoside ndetse yakatiwe gufungwa imyaka 30.

Turinabo na bagenzi be bashinjwa kubangamira imirimo y’urukiko no kubishishikariza abandi, kurenga ku myanzuro y’urukiko no kubangamira imikorere y’ubutabera mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) n’urukiko rwarusigariye.

IRMCT yatangaje ko ku wa 24 Werurwe 2021 aribwo Turinabo yashyizwe mu bitaro muri Kenya, aza kwitaba Imana ku wa 18 Mata, ndetse uru rwego rwatangaje ko kubera urupfu rwe ruhagaritse ibyo kumukurikirana gusa ko bitazigera bihungabanya kuba abandi bakurikiranwa.

Itangazo rya IRMCT ryo ku wa 05 Nzeri 2018 rivuga ko “Ibiro by’Ubushinjacyaha bivuga ko Maximilien Turinabo, Anselme Nzabonimpa, Jean de Dieu Ndagijimana na Marie Rose Fatuma, ubwabo cyangwa banyuze ku bandi bantu, batanze ruswa bakanashyira igitutu bagamije guhindura ibimenyetso by’abatangabuhamya mu rubanza rwa Ngirabatware.”

Rikomeza rigira riti “Ubushinjacyaha kandi buvuga ko Dick Prudence Munyeshuli na Maximilien Turinabo batangaje amakuru y’ibanga arebana n’abatangabuhamya b’ibanga, bazi neza ko ari ukurenga ku mategeko ya ICTR n’urwego rwayisigariyeho.”

“Bikekwa ko intego y’aba yari ukugira ngo hahindurwe icyemezo ICTR yafatiye Augustin Ngirabatware nk’uko cyanashimangiwe mu bujurire n’urwego rwayisigariye kubera uruhare yagize muri Jenoside, hamwe n’igifungo yakatiwe cy’imyaka 30.”

Ku wa 20 Ukuboza 2012 nibwo Ngirabatware yakatiwe na ICTR mu rw’ubujurire, gufungwa imyaka 35, nyuma yo guhamwa no kugira uruhare muri Jenoside.

Yaje kujuririra urwego rwasimbuye ICTR, maze ku wa 18 Ukuboza 2014, rugabanya igifungo kigirwa imyaka 30.

Maximilien Turinabo yapfuye ku wa 18 Mata



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)