Rwanda: Uwari Padiri n'Uwari Umubikira Barashakanye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu Rwanda umugabo w'itwa Mana François Xavier n'umugore witwa Uwambayeneza Marie Claire bashakanye umwe aretse ubupadiri n'undi aretse ububikira, nyuma yo gushakana, uyu muryango uvuga ko wahuye n'ikibazo cyo kuba iciro ry'umugani babwirwa ko bakoze ishyano, nk' uko Ijwi ry'amerika dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Mana François Xavier na Uwambayeneza Marie Claire bavuga ko nubwo bavuye mu mirimo ya kiliziya ibyo bitavuze ko baretse ubukirisitu.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu muryango usobanura ko mu bana wabyaye abahisemo kwiga mu iseminari kugira ngo bitegure kuzaba abapadiri wabibemereye. Icyo bo bakaba basanga ari ikimenyetso gikwiye kugaragaza ko bativumbuye kuri kiliziya Gatolika.

Ifoto yakoreshejwe haruguru yakuwe kurubuga rwa internet rwa Ijwi ry'amerika



Source : https://impanuro.rw/2021/04/30/rwanda-uwari-padiri-nuwari-umubikira-barashakanye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)