Chiboo akomeje kwibikaho igikundiro cy'abakunzi b'umuziki nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze indirimbo 'KARE' #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi uri kuzamuka neza mu muziki nyarwanda, Chiboo, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo gusohora indirimbo nshya yise 'KARE', ikomeje kwigarurira imitima y'abakunzi b'umuziki kubera uburyo idasanzwe yanditswemo ndetse n'imiterere yayo y'umwimerere.

Mu minsi ishize, Chiboo ntiyahwemye gusohora indirimbo zitandukanye, ibintu byatumye izina rye rikomeza kumenyekana cyane mu bakunda umuziki nyarwanda. Indirimbo 'KARE' ni imwe mu zigaragaza ko uyu muhanzi afite icyerekezo gikomeye mu muziki, aho agaragaza ubuhanga mu kuririmba no gutanga ubutumwa bukora ku mitima y'abawumva.

Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw'umwuga n'abahanga mu bijyanye no gutunganya umuziki. Amajwi yayo yatunganyijwe na Producer Muriroo, umwe mu batunganya indirimbo bafite ubuhanga bukomeje kugaragara mu muziki w'iki gihe. Amashusho yayo yo yatunganyijwe na Director John Elart, mu gihe Sani B ari we wakoze igice cyo kuyitunganya nyuma yo gufatwa (video editing), ibintu byatumye amashusho yayo agaragara neza.

Ku bijyanye n'iyandikwa ry'iyi ndirimbo, Chiboo yakoranye n'abanditsi batandukanye barimo RealRoddy, Edin Dali, ndetse na Chiboo ubwe, bakaba barashyize hamwe ibitekerezo byabyaye iyi ndirimbo iri kugenda ikundwa n'abatari bake.

Abakurikiranira hafi umuziki nyarwanda bavuga ko Chiboo ari umwe mu bahanzi bashya bafite amahirwe yo kugera kure, cyane cyane bitewe n'umurava agaragaza mu kazi ke ndetse n'uburyo akoresha umwimerere mu bihangano bye.

Indirimbo 'KARE' ikomeje gukwirakwira ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ze, aho abakunzi b'umuziki bakomeje kuyivugaho cyane, bamwe bavuga ko ishobora kuba imwe mu ndirimbo zizavugwa cyane muri uyu mwaka.

Ibi byose bigaragaza ko Chiboo ari mu bahanzi bari kwandika amateka mashya mu muziki nyarwanda.

Chiboo akomeje kwibikaho igikundiro cy'abakunzi b'umuziki nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze indirimbo 'KARE'
Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw'umwuga n'abahanga mu bijyanye no gutunganya umuziki



Source : https://kasukumedia.com/chiboo-akomeje-kwibikaho-igikundiro-cyabakunzi-bumuziki-nyarwanda-nyuma-yo-gushyira-hanze-indirimbo-kare/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)