Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yitezwemo ingamba nshya zo kurwanya Covid-19 -

webrwanda
0

Iyi nama yabereye muri Village Urugwiro, yitabirwa n’abagize Guverinoma nk’uko biteganywa n’amategeko. Iyaherukaga yari yabaye ku wa 15 Werurwe uyu mwaka.

Amategeko agena ko umuntu wese ugize Inama y’Abaminisitiri aba agomba kwitabira inama zayo, gusiba byemerwa iyo hari impamvu nko kuba umuntu arwaye bikomeye cyangwa se ari mu butumwa bwa Leta.

Icyo gihe kandi nabwo umuntu utabonetse agomba kubanza kubisabira uruhushya rwa Perezida wa Repubulika abicishije kuri Minisitiri w’Intebe.

Usibye abagize Guverinoma, abandi baba bagomba kwitabira iyi nama mu buryo buhoraho ni Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika. Undi uyitabira utari mu bagize Guverinoma ni Umunyamabanga Mukuru w’Ubunyamabanga bw’Inama y’Abaminisitiri hamwe n’ Abanditsi b’Inama y’Abaminisitiri. Bitewe n’impamvu runaka, bishobora kuba ngombwa ko hatumirwa abandi bantu kugira ngo bagire icyo bungura Inama y’Abaminisitiri ku bibazo byihariye biri ku murongo w’ibyigwa.

Inkuru wasoma:

Ibyo wamenya ku mitegurire y’Inama y’Abaminisitiri n’uburyo ibyemezo bifatwa

Amafoto: Village Urugwiro




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)