U Bufaransa bwamaganye ibitero bya Israel muri Libani #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Bufaransa, Jean-Noël Barrot, yamaganye bikomeye ibitero Israel yagabye muri Libani, byahitanye abantu barenga 250 mu munsi umwe.

 Minister Jean-Noel Barrot yamaganiye kure ibitero bya Israel

Mu kiganiro yagiranye na radio yo mu Bufaransa, Barrot yavuze ko ibi bitero ari 'ibikabije' kandi bitari bikwiye kuba, asaba ko byahagarara vuba na bwangu.

Ibi bitero byabaye ku wa Gatatu, bikaba biri mu bikomeye byibasiye umurwa mukuru wa Libani kuva intambara yatangira ku wa 2 Werurwe hagati ya Israel n'umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran.

Minisitiri Barrot yavuze ko Iran igomba guhagarika gukoresha Hezbollah mu gutera ubwoba Israel, anashimangira ko uyu mutwe ugomba kwamburwa intwaro ukazisubiza Leta ya Libani. Ariko yongeyeho ko Libani idakwiye kuba igitambo cy'amakimbirane ari hagati y'ibihugu bikomeye.

Ku ruhande rw'Umuryango w'Abibumbye, Umunyamabanga Mukuru Antonio Guterres yagaragaje impungenge zikomeye kuri ibi bitero, avuga ko bishobora gusenya amasezerano y'agahenge yari amaze kugerwaho hagati ya Amerika na Iran.

Yasabye impande zose guhagarika imirwano no gushaka ibisubizo binyuze mu biganiro bya dipolomasi.

Minisiteri y'ubuzima ya Libani yatangaje ko abantu 182 bapfuye naho abarenga 890 bagakomereka muri ibyo bitero, ibintu byateye impungenge ku rwego mpuzamahanga.

Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, na we yasabye ko Libani yashyirwa mu masezerano y'agahenge hagati ya Amerika na Iran, agaragaza ko amahoro agomba kubahirizwa mu bice byose by'intambara.

N'u Bwongereza bwatangaje ko buhangayikishijwe n'iyongera ry'ibitero, aho Minisitiri Yvette Cooper yavuze ko hari ingaruka zikomeye ku baturage, zirimo guhunga kwinshi no kubura umutekano.

Imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu ndetse na Croix-Rouge yamaganye ibi bitero, ivuga ko byateje igihombo gikomeye ku baturage b'inzirakarengane.

Umuryango w'Abibumbye wongeye gushimangira ko nta gisubizo cya gisirikare kizakemura iyi ntambara, ahubwo hakenewe ibiganiro n'ubwumvikane hagati y'impande zose.

The post U Bufaransa bwamaganye ibitero bya Israel muri Libani appeared first on FLASH RADIO&TV.



Source : https://flash.rw/2026/04/09/u-bufaransa-bwamaganye-ibitero-bya-israel-muri-libani/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)