Nyagatera: Urujijo n’agahinda ku mukobwa watewe inda na se -

webrwanda
0

Ni ishyano gusambanya umwana koko ariko birenze ishyano gusambanya uwo wibyariye. Kugeza ubu mu mudugudu wa Kibuye mu Kagari ka Gitenga mu Murenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare hari umwana uri mu rungabangabo nyuma yo guterwa inda na se umubyara, ubu akaba yarabuze uburyo amwandikisha mu irangamimirere.

Mu buhamya uyu mugore utifuje ko umwirondoro we utangazwa yahaye Flash Fm. Yavuze ko Se yamuteye inda ubwo yari afite imyaka 15. Ngo yamushutse amubwira ko agiye kumwigisha.

Yavuze ko ko yamuteye ubwoba amubwira ko nahirahira akabivuga azamugirira nabi

Ati “ Mfite imyaka 15, mama yansigaga mu rugo, uwari umugabo we akajya ambwira ngo nze anyigishe ubwenge, tukajya mu buriri. Arambwira ngo ni mbivuga nzagukubita umuhoro ku gikanu nigire mu Bugande. Bikomeza gutyo nza kubura imihango , bagiye kumpimisha nsanga ndatwite.”

Yavuze ko nyuma y’aho asambanyijwe agaterwa inda na se, yamusabye ibyangombwa ngo yandikishe umwana mu gitabo cy’irangamimerere ariko arabimwima.

Ati “Namwatse irangamuntu ngo njye kumwandikisha ariko irangamuntu arayinyima, na Mama aragerageza uburyo bwose nawe arayimwima, turarekera.”

Kugeza ubu uyu mwana wavutse afite imyaka 12 ,gusa haribazwa uzamwandikisha mu gitabo cy’irangamimerere .

Umugabo ushinjwa gutera inda umwana abereye se yabihakanye, avuga ko atigeze abyarana n’uwo mwana .Icyakora avuga ko yageze aho akemera kujya kwiyandikishaho maze umugore we ari we nyina w’uwatewe inda akamubera ibamba.

Ngo uwo mubyeyi yavuze ko adashaka gusangira umugabo n’umwana we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiyombe, bandora Emmanuel, yavuze ko hagiye gukurikizwa amategeko, umwana akandikwa mu gitabo cy’irangamimerere.Yavuze ko uyu mwana amategeko ateganya ko yandikwa kuri nyina mu gihe se ataraboneka.

Kugeza ubu uyu mwana wabyawe n’uwakabaye ari sekuru aracyarererwa kwa Se mu gihe nyina umubyara yishakiye undi mugabo.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)