Ku munsi w'ejo amakipe akinamo abanyarwanda hanze yarwo amwe yari yakinnye, Simba SC ya Kagere yatahukanye itsinzi mu mukino Kagere yatsinzemo ibitego 2, aya Yannick Mukunzi na Nirisarike Salomon aratsindwa.
Kuri Nairi Stadium, Alashkert FC yari yakiriye Urartu FC ya Nirisarike Salomon mu mukino w'umunsi wa 20 wa shampiyona.
Iyi kipe yaje kuhatsindirwa igitego 1-0. Ni umukino Nirisarike wari umenyerewe muri 11 atabanjemo aho yari ku ntebe y'abasimbura. Iyi kipe iri ku mwanya wa 6 n'amanota 21 mu gihe Alashkert FC yabatsinze ari yo ya mbere n'amanota 30.
Ubwo Nirisarike na Urartu FC batsindwaga, muri Macedonia ntabwo byari byoroheye Rwatubyaye Abdul na FC Shkupi akinira, kuko nabo ku kibuga cyabo cya Stadiumi Kompleksi FFM barimo bahatsindirwa na Bellasica 1-0, ni umukino Rwatubyaye Abdul yakinnye.
FC Shkupi ni iya 2 n'amanota 49 mu gihe Shkendija ya mbere ifiite 62.
Simba SC ya Meddie Kagere ku munsi w'ejo yatangaga isomo rya ruhago aho yakiriye Mtibwa Sugar kuri Uwanja wa Mkapa ikanayihanyagirira ibitego 5-0.
Ni umukino Meddie Kagere yabanje mu kibuga ndetse anatsindamo ibitego 2(ku munota wa 42 na 51), imipira yose yayiherejwe na Lally Bwalya. Ibindi bitego byatsinzwe na Clatous Chota Chama, Lally Bwalya na Jose Louis Miquissone.
Gutsinda ibi bitego Kagere yahise ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona aho afite 11. Simba SC ubu ni iya 2 n'amanota 49 Yanga ya mbere ifite 51.