Col Tom Byabagamba araburana mu mizi ubujurire bwe kuri uyu wa 28 Mata 2021 mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aburana mu bujuire icyaha cyo kwiba gatoroshi na sharijeri yayo.
Urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro rukaba rwari rwamuhamije iki cyaha rumukatira imyaka 3 yaje yiyongera ku yindi 15 yari yarakatiwe mbere.
Tom Byabagamba yahoze ari Col mu gisirikare cya RDF yahamijwe icyaha cy'ubujura n'urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro ahita akijuririra kuko yaburanye agihakana.
Col Tom Byabagamba yari aherutse gusaba ko ataburana gisiviri ahubwo yaburanishwa nk'umusirikare ariko ibyo yasabye urukiko rwarabimwangiye rutegeka ko azaburana kuwa 28 Mata 2021 saa tatu za mu gitondo kandi akaburana nk'umusiviri.
Urukiko rwasanze yaramaze kwamburwa impeta zose za gisirikare muri 2019 n'urukiko rukuru ubwo yahanishwaga igifungo cy'imyaka 15 ku byaha yari akurikiranyweho n'ubushinjacyaha bwa gisirikare birimo gushaka kugirira nabi Umukuru w'Igihugu no gusuzugura ibendera.
Uru rubanza narwo kuva urukiko rwategeka ko Col Tom Byabagamba agomba kuburana nk'umusiviri abamwunganira mu mategeko ntacyo bashatse kubivugaho yaba Me Paul Ntare cyangwa Me Gakunzi Gasore Varelie.
Inshuro zose Umuryango wagerageje kuvugisha aba banyamategeko babaga bafite impamvu bavuga zituma batavugana n'itangazamakuru.
Jean Paul NKUNDINEZA
UMURYANGO.RW