Ujya wibaza niba bishoboka ko abantu bamatana bari gutera akabariro?ubu buhamya buraguha igisubizo. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abantu benshi babifata nk'urwenya rwuzuye nyamara zimwe mu nkuru zo gufatana abantu barimo gutera akabariro bishobora kuba zifite aho zihuriye n'ukuri.

'Kujya kwa munganga igitaraganya ntawabyifuza ndetse ntabwo ari ikintu abantu bakundana baba bateganya nyuma yo gutera akabariro' Aya ni amagambo ya Dr Aristomenis Exadaktylose umaze imyaka 15  akora i Bern, Switzerland.

We n'umufasha kwa muganga babajijwe na BBC niba baba barabonye umugabo wafatanye n'umugore bari muri iki gikorwa,yahakanye ndetse avuga ko ari imyumvire mike y'abantu.

Ako kanya abantu babiri mu bumvaga iki kiganiro 'BBC's Health Check' bahise batera hejuru bemeza ko babyiboneye n'amaso yabo.

'Ntabwo ari imyumvire mike,byambayeho n'umugabo wanjye ijoro rimwe,icyo gihe yananiwe kuvanamo ubugabo bwe,maze ncyeka ko ari imitsi y'igitsina cyanjye yabiteye kuko wenda yaba yegeranye bitewe n'uburyohe numvaga icyo gihe ' aya ni amagambo y'umugore wumvaga icyi kiganiro utashatse ko amenyekana.

Undi mugabo nawe wavuze ko yitwa John yavuze ko yibuka neza igihe  yarafite imyaka 14,hari umugabo w'umunyamerika wafatanye n'umugore bahita bamujyana kwa muganga hutihuti,uyu John akaba aturiye ikibuga cy'indege mu majyepfo ya Londre.

Dr John Dean,umwe mu baganga b'inzobere ku bijyanye n'imikorere y'igitsina,yabwiye BBC ko ubwo ari bumwe mu buryo bubiri budakunze kubaho bw'ikitwa Penis Captuve ifunganywa ifatwa ry'igitsina tugenekereje mu kinyarwanda.

'Iyi bari gutera akabariro hari igihe igitsinagabo kibyimba ndetse n'imitsi y'igitsina cy'umugabo ikegerana ,maze igitsina cy'umugabo kigasa n'igifatwa,ariko nyuma gato biba bishoboka ko amaraso yo mu mitsi y'igitsina cy'umugore ahita akomeza kugenda nk'ibisanzwe bityo umugabo akaba yakuramo igitsina cye' aya n'amagambo ya Dr John Dean asobanura ifunganywa ry'igitsina.

Hari ingero nyinshi zagiye zikwiragira ku isi hose z'abantu bagiye bafatana basambana, mu gitabo cya Geoffrey de La Tour-Landry ,cyasohotse mu mwaka 1379 yavuze uburyo hazanwe mu rusengerero abantu babiri bambaye,bari bafatanye,ngo ibitsina byari byanze gutandukana,gusa kubw'amasengesho baje gufatanuka ariko bategekwa kugaruka gusenga bakamara iminsi itatu ,banahanana(bakubitana) imbere y'ikoraniro.

F Kraupl Taylor mu gitabo cye Review cyasohotse 1979 nawe yatanze urugero rw'abantu bari batuye i Warwas ,bafatanye nyuma bikaza kuba ngombwa ko umugore aterwa ikinya kugira barekurane,ariko n'ubundi ku munsi wakurikiyeho bombi bishwe barashwe kuko ngo bahise barwara mu mutwe ku buryo bukomeye.

Ingero ni nyinshi cyane,mu gitabo The Sexual Life of our Time cya Iwan Bloch yavuzemo umugore n'umugabo b'i docks ,Bremen, mu Budage nabo bafatanye kugeza ubwo hitabajwe abaganga.

Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/ujya-wibaza-niba-bishoboka-ko-abantu-bamatana-bari-gutera-akabariroubu-buhamya-buraguha-igisubizo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)