Sergio Aguero yavuye mu kibuga arakaye kubera ubugome yakorewe na bagenzi be bakinana #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu munya Argentina wahesheje Manchester City ibikombe byinshi,agiye gusoza amasezerano ye muri iyi mpeshyi ariko ntabwo akirebwa ijisho ryiza n'umutoza Pep Guardiola.

Ku munota wa 75 w'umukino wa nijoro,Aguero yinjiye mu kibuga asimbuye Bernardo Silva ariko ntiyabashije gutera mu izamu byatumye ikinyamakuru ESPN gitangaza ko uyu mukinnyi yavuye mu kibuga yitotomba ko bagenzi be batamuhaye imipira.

Iki kinyamakuru cyavuze ko uyu mukinnyi yavuye mu kibuga avuga ngo 'No me pasan la pelota' bishobanura ngo 'ntabwo bampaye umupira'.

Amakuru avuga ko Aguero yarakajwe cyane nuko imipira yose yageze mu rubuga rw'amahina mugenzi we Riyad Mahrez yangaga kumuhereza ahubwo akayitera ikajya hanze cyangwa umunyezamu akayifata.

Mu cyumweru gishize byavuzwe ko uyu mukinnyi yamaze kumvikana na FC Barcelona kuzayikinira umwaka utaha kuko agiye kurangiza amasezerano muri Manchester City.

Uyu munya Argentina n'inshuti ya Lionel Messi ndetse bivugwa ko yaguzwe na FC Barcelona kugira ngo irebe ko yareshya kapiteni wayo ngo ayigumemo.

Aguero ari muri City yagezemo avuye muri Atletico Madrid muri 2011 ariko uyu mwaka ntiwamuhiriye kubera imvune,kwirengagizwa n'umutoza ndetse n'icyorezo cya Covid-19.

Mu mikino 14 amaze gutsinda ibitego 3 gusa ndetse aracyashaka uko yagaruka mu bihe bye byiza agasubirana umwanya wo gukina nubwo bitazamworohera.

Aguero ashobora kubona umwanya wo gukina mu mukino wa FA Cup kuwa Gatandatu ubwo City izaba yahuye na Everton.



Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/sergio-aguero-yashinje-abakinnyi-bagenzi-be-kwanga-kumuhereza-umupira

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)