Impinduka muri 11 b'Amavubi bashobora kubanza ku mukino wa Cameroun #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu munsi Amavubi arakina na Cameroun umukino usoza itsinda F mu gusaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2021, ni umukino Mashami ari bukore impinduka muri 11 babanjemo ku mukino wa Mozambique.

Ni umukino Amavubi agomba gutsinda kugira ngo abone itike y'igikombe cy'Afurika cya 2021.

Gutsinda uyu mukino ntabwo biri bube bihagije kuko bisaba ko na Mozambique yatsinda Cape Verde, cyangwa se banganya bigasaba ko Amavubi aba yatsinze ibitego byinshi Cameroun(hakajyamo ikinyuranyo cy'ibitego 4 cyangwa 5).

Muri iri tsinda F, Cameroun yamaze kubona itike ifite amanota 10, Cape Verde ifite 7, Amavubi 5 n'aho Mozambique ikagira 4.

Mu bakinnyi 11 Mashami Vincent ashobora kubanzamo byanze bikunze hagomba kubamo impinduka ugereranyije n'ababanjemo ku mukino wa Mozambique i Kigali tariki ya 24 Werurwe 2021.

Yamaze gutakaza Manzi Thierry wabanjemo kuri uyu mukino kubera afite amakarita 2 y'imihondo.

Yagaruye umunyezamu Kwizera Olivier utarakinnye uyu mukino kubera ikarita y'umutuku, ashobora kuza gufata umwanya wa Emery Mvuyekure wabanjemo ku mukino wa Mozambique

Rubanguka Steve wabanjemo mu mukino wa Mozambique ashobora kuza guha umwanya Niyonzima Olivier Seif, Sugira Ernest na we ashobora kutabanzamo maze Byiringiro Lague watsinze igitego Mozambique na Bertrand bakabanzamo.

Byitezwe ko ahindura sisiteme yari yakinishije kuri Mozambique akava kuri 3-5-2 agakoresha isanzwe ya 4-4-2.

11 bashobora kubanzamo

Umunyezamu: Kwizera Olivier

Ba myugariro: Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel Mangwende, Nirisarike Salomon na Mutsinzi Ange Jimmy

Abakina hagati: Mukunzi Yannick, Niyonzima Olivier Seif, Nshuti Dominique Savio na Haruna Niyonzima

Ba rutahizamu: Kagere Meddie na Byiringiro Lague

Kwizera Olivier amaze igihe ari nimero ya mbere my izamu ry'Amavubi
Nirisarike Salomon wa Urartu FC muri Armenia afite akazi ko guturisha ubwugarizi
Myugariro Mutsinzi Ange Jimmy wazamuye urwego cyane muri iyi minsi
Mangwende umwe mu bitezwe kuri uyu mukino
Omborenga Fitina araba ufite akazi ko kuzibira ubusatirizi cyane cyane abanyura ku mpande
Yannick Mukunzi ni we rukuta rw'Amavubi kuri uyu mukino
Kapiteni Haruna Niyonzima azaba ayoboye bagenzi be mu kibuga
Seif araba yagarutse mu kibuga hagati
Lague watsinze igitego ku mukuino wa Mozambique arabanza mu kibuga
Nta gihindutse Bertrand arabanzamo kuri uyu mukino
Rutahizamu Meddie Kagere azaba ayoboye ubusatirizi
Mashami Vincent ashobora guhindura sisiteme yari asanzwe akina



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impinduka-muri-11-b-amavubi-bashobora-kubanza-ku-mukino-wa-cameroun

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)