Haribazwa byinshi ku ndege ya Trump imaze igihe kinini iparitse ku karubanda -

webrwanda
0

Amakuru avuga ko iyi indege ihamaze imyaka irenga ine iparitse, kuko inyandiko zerekana ingendo z’indege zigaragaza ko iheruka mu kirere mbere y’irahira rya Perezida Trump ku wa 20 Mutarama 2016.

Iyi ndege yakozwe mu 1991 ibanza kwifashishwa mu ngendo zihuza Amerika na Mexique, mbere y’uko igurwa n’umuherwe Paul Allen wayigurishije kuri Trump mu 2010.

Ni indege ifite amateka akomeye kuri Trump kuko ababikurikiranira hafi bemeza ko iyi ndege yagize uruhare rufatika mu gutuma atsinda amatora yo mu 2016, ndetse yari yarahimbwe izina ’Trump Force One’, mu kuyitirira ’Air Force One’ isanzwe itwara Perezida wa Amerika.

Akenshi Trump yakundaga guparika iyi ndege inyuma y’ahantu ari buhurire n’abamushyigikiye, ku buryo baba bayireba neza yanditseho izina rye, ibyatumaga abantu bamufata nk’umugabo ukomeye wigejeje ku iterambere rihambaye, bikabaha icyizere ko anafite ubushobozi bwo kubageza kuri iryo terambere nyine.

Nyuma yo kuba Perezida ariko, Trump yaretse kugendera muri iyi ndege inashaje, kuko yari imaze kugaragaza ibibazo bya moteri ebyiri zayo, imwe yarangiritse, indi yaragiye gukoreshwa.

Ikindi gikomeye kibazwaho n’abahanga mu by’indege, ni uburyo iparitse ahantu habi. Ubusanzwe indege nini nka Boeing 757 itwara abagenzi 228, iba igomba guparikwa ahantu hafunze kugira ngo itanyagirwa cyangwa ngo ijyeho urubura. Bitabaye ibyo yagakwiye guparikwa ahantu mu butayi hakunze kuba hashyushye. Kuba rero iyi ndege iparitse ahantu hadatunganyije neza, ngo byerekana ko Trump ashobora kuba atakiyikoresha, nk’uko CNN yabitangaje.

Bivugwa ko kimwe mu bigoye uyu mugabo magingo aya, ari uko gukoresha iyo ndege kugira ngo isubire mu kirere byahenda Trump cyane, kuko byasaba amafaranga ari hafi ya miliyoni 1$, kandi ibyo bikaza byiyongera ku kuba n’ubundi iyo ihagurutse, ibarirwa amafaranga ari hagati ya 15 000$ na 18 000$ ku isaha imwe gusa.

Bijyanye rero n’ibibazo by’ubukene byugarije Trump muri iyi minsi, kuko ibikorwa bye byinshi, birimo hoteli n’ibigo bikinirwaho umukino wa golf, biri mu byagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya Covid-19, bivugwa ko Trump yahombye miliyoni zirenga 700$, ndetse akaba afite amadeni arenga miliyoni 400$ agomba kwishyurwa mu 2023, byose bikarushaho gushyira igitutu kuri uyu mugabo, unaherutse kugurisha imwe mu nzu ze kuri miliyoni 49$, akayungukamo miliyoni 31$.

Iyi ndege imaze igihe kinini itaguruka
Iyi ndege yakoreshwaga na Trump mu kwiyamamaza mu mwaka wa 2016



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)